Iki kigo cyubatswe mu Murenge wa Rubavu, Akagari ka Byahi, cyubatswe ku buso bwa metero kare 7.000. Kigizwe n’inyubako yo mu buryo bugeretse, kuko gifite igorofa rimwe, icyumba mberabyombi cy’imyidagaduro, ibyumba bizatangirwamo amasomo y’ikoranabuhanga, ubuzima bw’imyororokere, amasomo y’imyuga itandukanye y’igihe gito kugira ngo abayasoje bajye ku isoko ry’umurimo.
Muri iki kigo kandi hari igice cyo hanze kigizwe n’ibibuga by’imikino itandukanye irimo Tennis, VolleyBall na BasketBall.
Kubaka inyubako n’ibibuga bibiri by’imikino y’intoki Basketball na VolleyBall byararangiye, mu gihe icya Tennis na cyo kiri kugana ku musozo.
Agace ka Byahi kubatswemo iki kigo cy’urubyiruko ni kamwe mu turi gutera imbere byihuse, ndetse kiganjemo urubyiruko rwinshi kuko ari mu nkengero z’Umujyi wa Rubavu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, Ruhamyambuga Olivier, yabwiye IGIHE ko iki kigo kizagira uruhare mu kumenyekanisha impano z’urubyiruko zaburaga aho zigaragarizwa.
Ati “Harimo byinshi bizafasha urubyiruko mu kumenyekanisha impano zabo, bazahakinira imikino itandukanye, bidagadure, kandi n’ibibuga byiyongereye ku byari bisanzwe byakirirwaho imikino itandukanye nk’imikino ya nyuma y’Umurenge Kagame Cup tumaze iminsi twakira.”
Rubavu Community Centre yubatswe n’Akarere ka Rubavu mu kurushaho kuvana abaturage mu bwigunge no guteza imbere abakiri bato.
Iki kigo cy’urubyiruko cyuzuye muri aka Karere kije gisanga icyo mu Murenge wa Rugerero, Busasamana n’ibindi bya Vision Jeunesse Nouvelle.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!