00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihembo bya ’FIFA The Best’ bishobora guhinduka

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 31 December 2025 saa 09:31
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yaciye amarenga ko ibihembo bitangwa n’iri shyirahamwe bizwi nka ‘FIFA The Best’ bishobora guhinduka guhera mu 2026 nyuma y’ubufatanye ryagiranye na Dubai Sports Council.

Uyu muyobozi yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama ya ‘World Sports Summit’ yabereye i Dubai.

FIFA na Dubai Sports Council byagiranye amasezerano y’ubufatanye mu gutanga ibihembo ku bakinnyi bahize abandi mu mwaka w’imikino nk’uko byari bimeze mbere iri shyirahamwe rigikorana na France Football mu gutanga Ballon d’Or.

Perezida Gianni Infantino yagize ati “Guhera mu 2026, ibi bizaba ari byo bihembo bya buri mwaka byemewe na FIFA byonyine, kandi bizahuza abantu bakomeye kurusha abandi mu mupira w’amaguru ku rwego rw’isi, hagamijwe guhemba abakinnyi beza, amakipe n’ibikorwa by’indashyikirwa byaranze umwaka mu mupira w’amaguru w’abagabo n’abagore.”

Yakomeje agira ati “Twishimiye gukorana na Dubai, umujyi uhumeka umupira w’amaguru, mu gutegura iki gikorwa cy’indashyikirwa. Ibi bihembo ntibizaba ari umuhango wo guhemba gusa, ahubwo bizaba ari uburyo bushya bwo kwizihiza umupira w’amaguru no guha icyubahiro abakora neza kurusha abandi, haba mu kibuga no hanze yacyo.”

FIFA yatangiye kwitangira ibihembo byayo bya FIFA The Best mu 2016 nyuma yo gutandukana na France Football bafatanyaga gutanga ibya Ballon d’Or.

Benshi bagaragaje ko ubu bufatanye na Dubai, ari uburyo bwo guhangana na France Football ndetse na Globe Soccer Awards.

Ousmane Dembélé, ni we uheruka kwegukana FIFA The Best 2025
Ibihembo bya FIFA The Best bigiye guhindurwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages