Ni bimwe mu byo Minisitiri Mukazayire yagaragarije mu nama ya ‘SportsBiz Africa Forum 2026’ iri kubera muri Kigali Convention Centre hagati ya tariki ya 9-11 Nzeri 2026.
Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Events yateguye iyi nama, Gakwaya Christian, yavuze ko intego yayo ari ukurenga gutegura siporo itanga ibyishimo, ahubwo igatunga abantu nk’uko bikorwa mu yandi mahanga.
Yagize ati “Igihe kirageze ngo Afurika irenge gukina neza, kwegukana ibikombe no gushimisha abafana. Ahubwo yibaze ngo ni nde wungukira muri iyi siporo? Ni nde wishyurwa? Ni nde ufite mu nshingano itangazamakuru? Ni nde ucuruza abakinnyi?”
“Turashaka urubuga rudufasha gushakira hamwe igisubizo cy’ibi bibazo byose twibaza. Ahazaza ha siporo yacu ntihazatezwa imbere n’uko twishyize mu kato. Umusaruro wa siporo si ibikombe, ahubwo uzagaragarira mu buzima bw’abantu bwahinduwe n’akazi kahanzwe.”
Minisitiri Mukazayire yagaragaje aho Afurika ihagaze mu kwijiriza siporo ku rwego rw’Isi, avuga ko bikiri ku kigero cyo hasi kandi bikwiriye kuzamuka bikagera hejuru.
Ati “Uruhare rwa siporo yo muri Afurika ku musaruro mbumbe wayo ruri kuri 0,5%. Ni mu gihe ahandi usanga biri kuri 2,5% na 3%. Ubu rero ikibazo twibaza ni kubera iki natwe tutagera kuri iyo 2,5% tukazamuka tukagera kuri 5%? Kubera iki ishoramari ryacu ritazamuka, kandi dufite urubyiruko rushoboye?”
“Amahirwe dufite aho kugira ngo tuyakoreshe iwacu, tuyajyana ahandi, kandi ijya kurisha yagahereye ku rugo. Siporo izamurwa n’impano, tugomba kuzishyiramo imbaraga. Ntidukwiriye kwirengagiza n’ibikorwaremezo kuko ni ishoramari ryinjiza. Ese ibyo dufite byo twabyongerera agaciro gute? Aho ni ho ruzingiye."
Yavuze ko siporo ya Afurika yinjiza miliyari 12$ ku mwaka, muri miliyari 2300$ yinjizwa ku Isi.
Abashoramari bashishikarijwe gushora imari yabo muri siporo, kuko nk’uko bigaragara baracyari bake ku isoko mu gihe amahirwe y’aho gushora imari ari henshi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!