Ni umukino ushobora kwirukanisha umutoza wawutsinzwe mu gihe undi afatwa nk’intwari iyo abashije gutahukana intsinzi imbere ya mukeba.
APR FC izajya gukina uyu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona iyoboye urutonde rw’agateganyo n’amanota 54 mu gihe Rayon Sports yo izaba ifite amanota 48 ku mwanya wa kabiri.
Inkomoko yo guhangana hagati y’amakipe yombi
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yari irangiye, aya makipe yombi ni yo yahise yigaragaza nk’akomeye kurusha andi mu Rwanda.
APR FC nk’ikipe ya Gisirikare ntibiyumvishaga uburyo batsindwa n’ikipe y’abasivili mu gihe na Rayon Sports yari ikunzwe n’abanyarwanda batagira ingano, itiyumvishaga uburyo yatsindwa n’ikipe yari ishinzwe vuba, ariko byarangiye babaye abakeba b’ibihe byose, Kiyovu Sports yahanganaga na Rayon Sports mbere ya Jenoside iba ivuyemo gutyo.
Imwe mu mibare y’ingenzi wamenya hagati y’amakipe yombi
Mu myaka 26 imaze kuva ishingiwe ku Mulindi wa Byumba, APR FC ifite ibikombe 17 bya shampiyona birimo icy’umwaka ushize, naho Rayon Sports yashingiwe i Nyanza mu myaka 51 ishize ifite ibikombe umunani bya shampiyona.
Guhangana ku makipe yombi, si ubuhanga bwo mu kibuga gusa kuko n’ak’abafana katiburira, yewe akenshi usanga baba bakaniye umukino kurusha abakinnyi, aba Rayon sports bita APR FC ‘igikona’ n’ aba APRFC bita Rayon Sports ‘Gasenyi’.
Umwaka wa 2017, ni wo wonyine aya makipe yabashije guhuramo inshuro nyinshi, dore ko yahuye inshuro eshanu mu marushanwa atandukanye, ibintu bitigeze bibaho mu mateka y’aya makipe yombi bikunda kuvugwa ko ahuzwa na Leta (ntashobora gukina umukino wa gishuti yiteguriye yo ubwayo).
Muri rusange kuva mu 1995, ufashe imikino ya shampiyona ukongeraho n’andi marushanwa izi kipe zagiye zihuriramo n’imikino ya gishuti n’ubwo itabaye inshuro nyinshi usanga Rayon Sports na APR FC zimaze guhura inshuro 89.
Muri izo nshuro zose hamwe Rayon Sports yatsinzemo imikino 28 naho ikipe ya APR FC itsindamo imikino 38, zinganya imikino 23.
Muri iyo mikino 89 habonetsemo ibitego 245, harimo 118 ku ruhande rwa Rayon Sports n’ibitego 127 ku ruhande rwa APR FC.
APR FC yashoboye gutsinda Rayon Sports gatatu yikurikiranya (mu irushanwa ryateguwe na AS Kigali (3-0), shampiyona (1-0) n’igikombe cy’Intwari (1-0), ibisubiramo mu mwaka ushize w’imikino, aho yayitsinze igitego 1-0 na 2-1 muri shampiyona ndetse n’ibitego 2-1 mu gikombe cy’Intwari 2018.
Guhera mu 1995 kugeza mu 2005, byari bigoye kubona ikipe yatsinze indi inshuro ebyiri zikurikiranya.
Bwa mbere APR FC yabashije gutsinda imikino ibiri ikurikiranye ihura na Rayon Sports, ni aho mu mukino wa shampiyona wahuje aya makipe yombi ku ya 23 Ukwakira 2005, APR FC yanyagiye na Rayon Sports ibitego 3-0 iza no kuyisubira ku ya 1 Gashyantare 2006 iyitsinda 4-1 mu mukino wari wateguwe na Ferwafa mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 iri shyirahamwe ryari rimaze ryemewe muri FIFA.
Indi nshuro, hari mu 2012 nyuma y’uko Lionnel St Pleux afashije APRFC kuva inyuma igatsinda Rayon Sports 3-2 muri shampiyona mu gihe iyi yaje no kuyitsinda mu mikino yombi ya ½ cy’igikombe cy’Amahoro yazihuje uwo mwaka.
Rayon Sports yatsinze APR FC kabiri kikurikiranya mu mwaka w’imikino wa 2016/17 ibitego 4-0 muri shampiyona na 1-0 ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro cya 2017.
Rayon Sports na yo yatumye APR FC imara imikino itatu itazi uko gutsinda Clasico nyarwanda bimera nyuma yo kunganya igitego 1-1 muri shampiyona y’umwaka w’imikino 2016/17 mu gice cyo kwishyura, ikabatsinda 1-0 ubwo yegukana irushanwa ry’Agaciro ndetse na 2-0 kuri Super Cup 2017 yabereye i Rubavu.
Umukino uheruka guhuza aya makipe yombi APR FC yatsinze 1-0 mukeba ku wa 01 Gashyantare 2019 mu mikino y’igikombe cy’Intwari.
Ikipe ya Rayon Sports ifite agahigo ko ari yo yabashije gutsinda ibitego byinshi mu mukino umwe kuko yabashije kunyagira APR FC ibitego 5-2 ubugira kabiri (mu 1996 no mu 1997).
Abakinnyi n’abatoza bagiye bigaragaza muri uyu mukino
Jimmy Gatete wabashije gukinira aya makipe yombi, ni we ufite agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu mukino uhuza aya makipe, dore ko buri kipe yayitsindiye ibitego bine mu mikino itandukanye.
Sina Jérôme ari mu bakinnyi babashije gutsindira ikipe imwe ibitego byinshi muri uyu mukino, kuko afite bitandatu mu gihe Masudi Djuma utoza AS Kigali, ari we wabashije gutsindira APR FC ibitego byinshi, bigera kuri bitanu, anganya na Issa Bigirimana.
Kuva aya makipe yombi atangiye guhura, Davis Kasirye ukomoka muri Uganda (ubu akinira Vipers SC y’iwabo), ni we wabashije gutsinda ibitego bitatu mu mukino umwe mu gihe abakinnyi barimo Sina Jérôme, Bokota Labama, Lionnel St Pleux, Ruhinda Farouk, Bokungu Ndjoli, Kambale Salita Gentil, Hakizimana Muhadjiri n’abandi bagiye batsindamo ibitego bibiri ku mukino.
Umutoza washoboye gutoza imikino myinshi hagati y’aba bakeba ni Raoul Shungu watozaga Rayon Sports (16), abasha gutsindamo irindwi, atsindwa ine, anganya itanu.
Rutanga Eric ni we mukinnyi wakiniye APR FC uri muri Rayon Sports mu gihe Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’, Ngabo Albert, Nshuti Savio Dominique na Nsengiyumva Moustapha bari muri APR FC baranakinnye muri Rayon Sports.
Uretse abakinnyi tuvuze haruguru bagikinira aya makipe yombi, ntawakwirengagiza amazina nka Jimmy Gatete, Bokota Labama, Haruna Niyonzima, Janot Witakenge, Masoudi Djuma, Hategekimana Bonaventure bita Gangi, Nizigiyimana Kalim Makenzi, Fuadi Ndayisenga, Muganza Isaac, Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, Mukunzi Yannick, Rwatubyaye Abdoul, Nova Bayama, Usengimana Faustin n’abandi benshi batandukanya bagiye bakinira amakipe yombi.
Mwiseneza Djamal, umutoza wongererera ingufu abakinnyi ba Rayon Sports, na we yakiniye amakipe yombi.
Ibihe by’ingenzi byaranze uyu mukino uhuza amakipe yombi
Ku itariki ya 03 Ugushyingo 1996 i Nyamirambo, ku mukino wa nyuma w’igikombe cyari cyateguwe n’iyahoze ari Kaminuza Nkuru y’ u Rwanda (UNR), mu rwego rwo gukusanya inkunga yo gusana ibyari byangijwe n’ inkongi muri iyi Kaminuza, Rayon Sports yanyagiye APR FC ibitego 5-2.
Yongeye kuyisubira tariki ya 26 Ukwakira 1997 i Remera kuri Stade Amahoro ku mukino wo kuyishyikiriza igikombe cya Shampiyona yari imaze kwegukana uwo mwaka, aho na none Rayon Sports yongeye gutsinda APR FC ibitego 5-2.
Abayobozi, abafana n’abakinnyi ba APR FC ntibazibagirwa itariki ya 18 Kanama 2001, muri shampiyona ubwo Rayon sports yabanyagiye ibitego 4-1, ikaza no gutwara igikombe cya shampiyona ibarusha inota rimwe uwo mwaka, aho yari ifite amanota 61.
Gusa na bo baje gutegereza undi munsi maze babababariza ikipe yo mu Rukari ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro bayitsinze ibitego 2-1, tariki ya 4 Nyakanga 2002.
Mu nshuro ebyiri amakipe yombi yahuriye muri CECAFA (2005 na 2014), bagiye banganya, gusa APR FC igasezerera Rayon Sports hitabajwe amapenaliti.
Ikipe zombi zongeye kunganya no ku mukino wa nyuma w’irushanwa ryateguraga shampiyona ryiswe Lotto cup ku wa 14 Ukwakira 2007, Mutarambirwa Djabir atsindira abambara umukara n’umweru, abambara ubururu bishyurirwa na Djamar Mwiseneza, APR itwara igikombe itsinze penaliti 10 -9 za Rayon sports.
Mu 2011-2012, mu gikombe cy’Amahoro, APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 3-1 muri ½. APR FC yatsindiwe na Lionel Saint Preux, Kabange Twite na Papy Faty. Impozamarira ya Rayon Sports yatsinzwe na Hamiss Cédric.
Mu 2012-2013, APR FC yatangiye umwaka w’imikino itwara igikombe cy’isabukuru y’imyaka 25 ya FPR, itsinze ku mukino wa nyuma Rayon Sports ibitego 3-1. Ibitego byose byatsinzwe mu gice cya kabiri na Ruhinda Farouk (Sssentongo), watsinze bibiri n’aho ikindi gitsindwa na Cyubahiro Jacques. Hategekimana Aphrodis ‘Kanombe yatsindiye Rayon Sports impozamarira.
Mu mukino wa shampiyona wo kwishyura, wabaye tariki ya 9 Werurwe 2013, Rayon Sports yanyagiye APR FC ibitego 4-0 bitsinzwe na Hategekimana Aphrodis ‘Kanombe’, Hamisi Cédric na Kambale Salita Gentil ‘Papy Kamanzi’ watsinzemo ibitego bibiri.
Mu nshuro enye amakipe yombi yahuyemo mu 2014, APR FC yabashije gutsindamo ebyiri, Rayon Sports itsinda imwe, banganya indi (APR FC itsinda Rayon Sports kuri penaliti, hari muri ¼ cya Cecafa y’amakipe yabereye i Kigali muri Kanama 2014).
Mu mikino itanu amakipe yombi yahuyemo mu 2017, APR FC yatsinzemo imikino ibiri (uwa shampiyona ku gitego 1-0 n’uw’irushanwa ry’Intwari ku gitego 1-0), Rayon Sports itsindamo ibiri; harimo 1-0 mu gikombe cy’Agaciro na 2-0 kuri Super Cup 2017 mu gihe amakipe yombi yanganyije 1-1 mu mukino wo kwishyura wa shampiyona.
Mu 2015, Hakizimana Louis yayoboye umukino APR F yanyagiyemo Rayon Sports 4-0 ndetse no mu 2016 ayobora umukino Rayon Sports yangayigemo APR FC 4-0.
Mu 2017, amakipe yombi yahuriye mu mukino wa Super Cup wakinwe iminsi ibiri itandukanye. Iminota 63 ya mbere y’umukino yabereye i Rubavu, Rayon Sports itsinda 2-0 amatara yo kuri Stade Umuganda ahita azima. Indi minota 23 yakiniwe i Nyamirambo nyuma y’iminsi itanu, tarki ya 27 Nzeli, irangira nta kindi gitego kibonetse mu mukino, Gikundiro itwara igikombe.



















TANGA IGITEKEREZO