00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutahizamu Ani Elijah yavuye imuzi ibyo gukinira APR, Rayon Sports n‘Amavubi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 12 May 2024 saa 09:51
Yasuwe :

Rutahizamu wa Bugesera FC, Ani Elijah yatangaje ko akomeje gukora iyo bwabaga ngo azabashe gukinira Ikipe y’Igihugu (Amavubi), anavuga ko amakipe arimo APR FC na Rayon Sports yamwegereye.

Uyu rutahizamu yabigarutseho ku wa Gatandatu, tariki 11 Gicurasi 2024 ubwo hasozwaga shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda.

Hari amakuru amaze iminsi avugwa ko uyu Munya-Nigeria ashobora gukinira Amavubi gusa ntabwo yagaragaye ku rutonde rw’abakinnyi 37 bahamagawe mu rwego rwo kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, u Rwanda ruzakinamo na Bénin na Lesotho muri Kamena.

Abajijwe niba aya makuru ari ukuri, Elijah yavuze ko ibiganiro bigeze kure ndetse azishimira kwambara umwambaro w’Ikipe y’Igihugu.

Yagize ati “Yego birashobora. Ntekereza ko buri mukinnyi anezezwa no kwambara umwenda w’Ikipe y’Igihugu. Nibirangira neza muzabimenya.”

Uyu rutahizamu usoje umwaka we wa mbere muri Bugesera FC, ari mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona, ibituma amakipe menshi amwifuza mu mwaka utaha w’imikino.

Yakomeje avuga ko amakipe akomeye mu Rwanda yamwifuje ndetse ibiganiro bikomeje n’abamuhagarariye.

Ati “Yego APR, Rayon Sports na Police FC zaranyegereye gusa nyuma y’uyu munsi (shampiyona) nibwo ndicarana n’abampagarariye turebe igikurikira.”

Ani Elijah ayoboye abandi mu gutsinda ibitego byinshi, aho anganya 15 na Victor Mbaoma wa APR FC ugifite umukino wa nyuma Ikipe y’Ingabo ihuramo na Amagaju kuri iki Cyumweru, tariki 12 Gicurasi 2024.

Nyuma y’uyu mukino, APR FC irashyikirizwa Igikombe cya Shampiyona cya 22, mu gihe Sunrise FC na Etoile de l’Est zamanutse mu Cyiciro cya Kabiri.

Ani Elijah ari mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi muri iyi shampiyona

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages