00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyihariye mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 ya Mukura VS

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 31 July 2023 saa 06:36
Yasuwe :

Kwegereza ikipe abaturage, ibitaramo by’abahanzi, kugurisha imyenda yayo n’imikino ya gicuti yaba iya Mukura VS n’iy’abakanyujijeho muri yo ni bimwe mu bizaranga ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 ishize kuva Mukura Victory Sports ishinzwe.

Ibi birori bitangira kuri uyu wa 1 Kanama, bikazasozwa tariki 5 Kanama 2023, biratangizwa n’imikino ya gicuti yo kwegereza ikipe abaturage, izahuza Mukura VS n’Umurenge wa Mukura ufitanye amateka akomeye n’iyi kipe kuko ari ho yashingiwe mu 1963.

Ubuyobozi bwa Mukura Victory Sports kandi burateganya kuzakina indi mikino ya gicuti izayihuza n’imirenge yo mu karere ka Gisagara ndetse na Nyaruguru. Iyi mikino ikazabera ku bibuga by’iyi mirenge mu rwego rwo kwereka abaturage ikipe yabo.

Hari kandi "Mukura Night" ku wa Gatanu, tariki 4 Kanama, ari n’umunsi w’umuganura. Uyu munsi uzarangwa n’igitaramo kizagaragaramo abahanzi bakomeye mu muziki Nyarwanda barimo Juno Kizigenza, Chriss Eazy, Bushali na Okkama bazaba bari kumwe na DJ Sonia uzaba uvanga imiziki mu gihe MC Tino wubatse izina mu kuyobora ibitaramo azaba ari umushyushyarugamba.

Muri iri joro kandi hazabaho igikorwa cyo gushimira abantu bakoze ibikorwa bikomeye muri Mukura VS mu mwaka w’imikino ushize ndetse n’iyawubanjirije bazaba biganjemo abayiyoboye ndetse n’abagiye bayifasha mu bihe bitandukanye. Aha kandi byitezwe ko ari naho hazatangirwa igihembo kuri Mukanemeye Madeleine wamamaye nka ‘Mama Mukura’, umufana usheshe akanguhe udahwema kujya inyuma y’ikipe yihebeye ku mikino myinshi yakinnye ndetse n’iy’Ikipe y’Igihugu "Amavubi".

Ibi birori kandi bizakurikirwa no gupiganirwa kugura imyenda y’ikipe. Umwenda umwe ukazahera ku bihumbi 25 Frw kuzamura.

Guhera saa yine za mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, tariki 5 Kanama, ni wo munsi wa nyuma w’irushanwa aho hazaba umukino wa gicuti w’abakanyujijeho muri Mukura VS guhera mu 1998 barimo Nshimiyimana Canisius, Jean Baptiste, Gervais, Pablo, Rekeraho James, Djuma Petit, Djuma Grand, Yumba Kaite, Saddick Beranov, Tigana, Katama bahimbaga imana y’ibitego n’abandi. Aba bazakina n’Ikipe y’abakozi b’Akarere ka Huye ndetse n’Intara y’Amajyepfo bazaba bihuje n’abakozi b’Ikipe ya Mukura VS.

Uyu mukino uzakurikirwa n’igitaramo cy’abahanzi kizatangira saa Sita z’amanywa, gikurikirwe n’umukino wa gicuti Mukura VS yatumiyemo Geita Gold yo muri Tanzania.

Nyuma y’uyu mukino kandi hazakomeza ibitaramo n’abahanzi bizasozwa mu gicuku. Ibi byose bikazabera kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Ibi birori bizitabirwa n’abayobozi batandukanye b’amakipe ndetse n’abayobozi b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) aho biteganyijwe ko iri shyirahamwe rizahagararirwa na Visi Perezida ushinzwe Tekiniki, Mugisha Richard.

Iki gikorwa kizahurirana na Rayon Day, yo izitabirwa na Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 60 bizihizwa mu minsi itandatu
Mukura VS izakina umukino wa givcuti na Geita Gold nk'ikipe rukumbi yatumiye muri ibi birori
Nizeyimana Olivier wabaye hafi iyi kipe igihe kirekire nawe azagenerwa igihembo nk'umwe mu bantu bakoze ibikorwa by'indashyikirwa muri Mukura VS
Mama Mukura ari mu bazahabwa igihembo muri ibi birori

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages