Hari mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023 umunsi umwe nyuma y’uko komite nyobozi ya Kiyovu Sports ifashe umwanzuro wo gukura Ikigo cy’Ubucuruzi kiyoborwa na Mvukiyehe Juvenal mu miyoborere y’iyi kipe kubera amakosa yagiye ikora mu bihe bitandukanye yateje igihombo n’imyenda iremereye.
Asobanura ku mpamvu yateye iki cyemezo, Ndorimana yagize ati “Kiyovu Sports ifite uburyo iyobowe n’inzego zisanzwe ziyireberera, inteko rusange yemejo ko ikipe igomba gucungirwa mu kigo cy’ubucuruzi cya Kiyovu Sports Limited ari yo iyiyobora umunsi ku wundi.”
“Nk’uko bikubiye mu ibaruwa mwaraye mwiboneye nimugoroba byabaye ngombwa ko Ikipe igarurwa gucungirwa mu muryango by’agateganyo bitewe n’impamvu zitandukanye ziyikubiyemo kugeza igihe inteo rusange izongera guterana ikabifataho umwanzurio ntakuka.”
Iyi baruwa igaragaza amakosa yagiye akorwa na Kiyovu Sports Limited arimo gusesa amasezerano y’abakinnyi babaga baguzwe ikipe ikabiherwa ibihano na FIFA bingana na miliyoni 80 Frw.
Hari kandi kuba Kiyovu Sports Limited itakibasha gucunga ubuzima bwa buri munsi bw’Ikipe n’abakozi bayo nk’uko bikubiye mu masezerano.
Perezida w’Umuryango wa Kiyovu Sports yavuze ko iki ari cyo cyari igihe gikwiye ko hakorwa izi mpinduka.
Ku kuba Ikipe yavuye mu kigo cy’Ubucuruzi ikajya gucungirwa mu muryango, Ndorimana yamaze impungenge abakeka ko hari icyo bizahindura ku buzima ndetse n’umusaruro w’Ikipe.
Yagize ati "Nta na kimwe bizangiza, icyo kigo cy’ubucuruzi cyashinzwe n’Umuryango n’ubundi Ikipe yagumye mu Muryango. Ni ibintu bibiri byuzuzanya hahindutse imicungire gusa byombi ni ibintu bibiri kandi bishingiye ku kintu kimwe."
Ndorimana yakomoje ku mafoto yagiye hanze ari kumwe na Mvukiyehe avuga ko aba bombi nta kintu bapfa n’ubwo habayeho impinduka mu miyoborere y’Ikipe.
Yagize ati“ Ku mafoto mwabonye yagiye hanze, nta kintu njyewe mpfa na Juvenal, nta na kimwe. No kuba Ikipe yavuye mu Kigo cy’ubucuruzi igasubira mu Muryango ni imiyoborere yahindutse nta kibazo kiri hagati y’abantu babiri babiyobora. Aracyari Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubucuruzi ariko Inteko Rusange ni yo izabifataho umwanzuro ntakuka.”
Hoteli Igitego irishyuza Kiyovu Sports Limited miliyoni 153 Frw, nyuma yo gucumbikira ndetse no kugaburira abakinnyi b’Urucaca ntiyishyurwe.
Kuri uyu mwenda, Perezida w’Umuryango wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean Francois Regis ‘General’ yavuze ko Umunyamategeko w’Iyi Kipe ari gusuzuma iby’iki kirego.
Kuri iki kibazo, Visi Perezida w’Umuryango wa Kiyovu Sports, Mbonyumuvunyi Abdul Karim yavuze ko hari ibyo babonyemo bidasobanutse ari nayo mpamvu babishyikirije umunyamategeko.
Abajijwe niba Kiyovu Sports yabuze Mvuykiyehe idashobora gushegeshwa, General wagaragaje amarangamutima yavuze ko umuntu utekereza atyo amufata nk’udasobanukiwe.
Yagize ati “Hari ikintu nifuza kubakuriraho kandi kiveho burundu kuko n’ukibona gutyo sinzi ubwenge bwe uko bungana. Umuntu ubona Kiyovu Sports mu isura ya Juvenal cyangwa ya General mufata nk’udasobanukiwe.”
Muri Kamena 2022 ubwo haburaga imikino ibiri gusa ngo Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-22 ishyirweho akadomo, Kiyovu Sports yasinyishije abakinnyi babiri b’Abanya-Sudani, Jonh Mano na Sharaf Eldin Shiboub Ali Abdel-Rahman bari kuzayifasha mu mwaka wa Shampiyona wari gukurkiraho 2022-23. Nyuma yabirukanye mu buryo budakurikije amategeko. Aha hiyongereyeho n’Umunye-Congo, Vouvou Pinocky.
Nyuma aba bakinnyi uko ari batatu baje kurega iyi Kipe muri FIFA ndetse baranayitsinda, mu gihe cyo kwishyurwa, hari amakuru yagiye hanze ko hari bamwe muri bo batagezweho n’ubwishyu nyamara amafaranga yaratanzwe.
Kuri iki kibazo, Visi Perezida w’Umuryango wa Kiyovu Sports Mbonyumuvunyi Abdul Karim ushinzwe umutungo n’amategeko, yagize ati” Icyo mpagazeho ni uko Vouvou Pinock we yarishyuwe ;ni njye wamwiyishyuriye kuko twabanje kumubura tunyura k’umuhagarariye mu mategeko. Twaje gusanga ari muri Turikiya ducisha amafaranga ku bantu bariyo barayamushyikiriza aranatwemerera ko yamugezeho.”
“Ku banya-Sudan Shaiboub na Mano, ni Perezida wa Kiyovu Sports Ltd wakoranaga na bo kuko ni we uziranye n’abaharanira inyungu zabo, hari amafaranga twamuhaye ngo abishyure kandi ntibari kwemera ko bishyuwe batayabonye, kandi ntitwari gukurirwaho ibihano batayabonye."
Mu ntangiriro z’umwaka w’imikino ushize Ndorimana yagiye ashinja Ubuyobozi bwari buyobowe na Mvukiyehe Juvenal kugurisha imikino.
Perezida w’Umuryango wa Kiyovu Sports yavuze ko atabihagararaho ijana ku ijana ahubwo yabiterwaga n’urukundo rw’Ikipe n’amarangamutima.
“Ikintu cyatumye mbivugaho hari ibyo twari twakoze nk’abayobozi, hari ibintu twari twumvikanye mbona ntabwo ari ko bikozwe mu kibuga nko gupanga abakinnyi bari bubanze mu kibuga ariko ntabwo nabivuga ijana ku ijana ngo byarabaye.”
Ku kuba Mvukiyehe Juvenal wari umuyobozi wa Kiyovu Sports byaramugejeje mu nama y’ubutegetsi ya Premier League, Ndorimana yavuze ko nta cyatuma agumamo mu gihe yaba atakiri Umuyobozi wa Kiyovu Sports Ltd nubwo Inteko Rusange itarabifataho umwanzuro ntakuka.
Ku bakozi ba APR FC bashinjwe guha umutobe uhumanye abakinnyi ba Kiyovu Sports ngo ubace intege baze gutsindwa mu mikino wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro cy’umwaka ushize, Ndorimana yavuze ko ntacyo yavuga ku bintu bikiri mu rukiko ko na bo babyumva nk’uko mu bitangazamakuru babibona.
Yagize ati” Ibintu uko mubibona mu itangazamakuru niko na twe tubibona, biri mu Rukiko Rukuru rwa gisirikare, nta mwanzuro rurafata, mutegereze ibiri mu rukiko natwe turabitegereje. Ibizaba tuzabibatangariza.”
Kiyovu Sports izagaruka mu kibuga mu mukino w’umunsi wa gatanu wa Shampiyona izakiramo Gorilla FC kuri Kigali Pele Stadium tariki 30 Nzeri, izakirwa kandi n’Amagaju FC kuri Stade Huye tariki 11 Ukwakira nyuma y’iminsi itatu yakire Marines FC tariki 14 Ukwakira 2023.
Amafoto: Ntare Julius
























TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!