Ibyishimo by’ikipe n’uko ikina, igatsinda, igatwara ibikombe nyuma y’irushanwa. Hari amafaranga menshi ashyirwa muri ayo marushanwa. Nyuma y’amafaranga ahembwa ikipe yatwaye igikombe n’igikombe cyo ubwacyo kiba gifite agaciro mu bijyanye n’amafaranga. Muri iyi nkuru turagaruka ku bikombe n’agaciro kabyo.
Igikombe cya Shampiyona yu Bwongereza
Hirengagijwe ko ari shampiyona ya mbere irebwa ku Isi, igikombe gihabwa ikipe yabaye iya mbere, ni kimwe mu bifite agaciro katari kanini bitewe n’izina ry’iyo shampiyona.
Iki gikombe gifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 10 by’amadolari ya ’Amerika. Gikozwe mu ifeza ivanze na zahabu na ‘malachite’, ibuye ry’agaciro rifite ibara ry’icyatsi.
Muri iyi shampiona amakipe 20 ahatanira igikombe, buri kipe ikina imikino 38.
Manchester United ifite ibikombe byinshi muri Premier League, aho yabitwaye inshuro 20. Igikombe cy’umwaka ushize w’imikino gifitwe na Manchester City FC.
Igikombe cya UEFA Champions League
Irushanwa rifatwa nk’irya kabiri rikomeye ku Isi, Champions League, igikombe gihabwa ikipe yabaye iya mbere gifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 15$.
Iri rushanwa ryemerewe gukinamo amakipe yo ku mugabane w’i Burayi gusa. Iki gikombe cyahinduriwe ishusho inshuro eshanu kuva iri rushanwa ryatangira. Igikoreshwa ubu cyahanzwe na Jürg Stadelmann mu Mujyi wa Berne mu Busuwisi hafi y’icyicaro gikuru cya UEFA.
Real Madrid n iyo yatwaye iki gikombe inshuro nyinshi kurusha andi makipe yose, ubu igifite inshuro 13.
Igikombe cya shampiyona y’u Budage
Kizwi nka ‘The Bundesliga Meisterschale’, gihabwa ikipe yabaye iya mbere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Budage ikinwamo n’amakipe 18.
Ishusho gifite yahanzwe n’umunyabugeni Elisabeth Treskow wagikoze mu 1964. Gikozwe muri zahabu n’ifeza, gipima ibiro 11.
Bayern Munich ni yo ifite byinshi ndetse ni nayo iheruka gutwara icy’umwaka ushize.
Igikombe cya Shamiyona y’u Butaliyani
Umunyabugeni Ettore Calvelli mu 1960, ni we wakoze iki gikombe bwa mbere gikoze mu mabuye y’agaciro atandukanye harimo na zahabu. Gifite uburebure bwa santimetero 58 n’ibiro 8.
Shampiyona ikinwamo n’amakipe 20, iyabaye iya mbere mu mikino 38 ni yo igihabwa.
Juventus de Turin niyo ifite byinshi (36), icy’umwaka ushize gifitwe n’ikipe ya Inter de Milan. Gifite agaciro k’ibihumbi 66$.
Igikombe cya Afurika
Irushanwa rya mbere rikomeye ku mugabane wa Afurika rikinwamo n’amakipe 24 mu matsinda atandatu, ibaye iya mbere ihabwa igihembo cya miliyoni 5$ n’igikombe gifite agaciro k’ibihumbi 150$.
Igikombe gikoreshwa ubu cyakozwe mu 2002, ikipe imaze kugitwara kenshi nyinshi ni Misiri, igiheruka ni Sénégal.
FA Cup
FA Cup ni irushanwa rikuze cyane mu Bwongereza, igikombe cyaryo gifite agaciro ka miliyoni 1 n’ibihumbi 180 y’amadolari ya Amerika.
Mu 2013 nibwo hakozwe igikombe gishya cyo gusimbura icyari cyarakozwe mu 1911, Arsenal iba ikipe ya mbere igitwara mu ishuhso nshya.
Iki gikombe gikozwe mu ifeza, gifite uburebure bwa santimetero 61 n’ibiro 6.
Leicester City niyo iheruka kucyegukana mu 2021, ikipe ya arsenal igifite inshuro nyinshi (14), igakurikirwa na Manchester United igifite inshuro 12, Chelsea FC ni iya gatatu igifite inshuro umunani.
UEFA Europa League
Igikombe cya UEFA Europa League cyateguwe ndetse gikorwa bwa mbere n’umunyabugeni Bertoni mu 1972.
Iri rushanwa riba rigizwe n’amakipe 32, rigakinwamo n’amakipe yabaye aya 4 muri shampiyona zo mu bihugu byayo n’amakipe yananiwe gukomeza mu mikino y’amatsinda muri Champions League, bituma irushanwa rirangira rikinwe n’amakipe 58.
Sevilla FC yo muri Espagne imaze kugitwara inshuro nyinshi, ubu ifite ibikombe bitandatu. Igiheruka cyo mu 2021 cyatwawe na Villarreal.
Gifite agaciro ka miliyoni 4,5$.
Copa Libertadores
Copa Libertadores ni irushanwa risumba andi rihuza amakipe y’ama-club muri Amerika y’Epfo.
Gikozwe ahanini mu ifeza, gifite agaciro ka miliyoni 8 n’ibihumbi 500 y’amadolari.
Copa Libertadores ni irushanwa ryo ku rwego rwo hejuru mu mupira w’amaguru muri Amerika y’Epfo. Ryatangiye mu 1960, Independente FC ni yo kipe yagitwaye kenshi mu gihe Palmeiras ifite icyo mu 2021.
Igikombe cy’Isi cy’ibihugu
Niryo rifite igikombe gihenze cyane ku Isi aho gifite agaciro ka miliyoni 20 $.
Cyakozwe mu 1974 n’umunyabugeni uzwi cyane wu Mutaliyani Silvio Gazzaniga. Igikombe gihabwa ikipe yabaye iya mbere mu irushanwa ryitabirwa n’amakipe y’ibihugu 32.
Brésil ifite ibikombe byinshi (5), igiheruka mu 2018 ni ikipe yu Bufaransa yagitwaye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!