Nyuma y’aho Xabi Alonso atsindiye igitego u Buholande kuri penaliti, kapiteni Robin Van Persie yatsinze igitego cyo kwishyura ku munota wa 44 n’umutwe yemeza ko aricyo cyiza atsinze mu buzima bwe.
Nyuma y’umukino, Van Persie yavuze ko ari bumwe mu buryo bukomeye bari bagize mu gice cya mbere. Ati “Nibyo ni igitego cyiza. Mbere yo kubona umupira nabanje kubona ko Casillas ari imbere.”
Yakomeje agira ati “Ndebye uburyo nagitsinzemo, nicyo gitego cyiza mu buzima bwanjye.”
Uretse kuba ari igitego cyatumye u Buholande bwongera kwibona mu mukino, ni ku nshuro ya mbere umukinnyi w’Umuholande atsinda igitego mu bikombe by’Isi bitatu bikurikirana.
Van Persie yatsinze mu 2006 mu Budage, mu 2010 muri Afurika y’Epfo no mu 2014 muri Brazil.
U Buholande buzakina na Australia kuwa Kane saa 18.00 mu gihe Espagne izakina na Chili saa tatu. Indi mikino yabaye muri iri tsinda Chili yatsinze Australia ibitego 3-1 Alex Sanchez (12’), Jorge Valdivia (14) na Jean de Bausejour (92’) naho Tim Cahill atsindira Australia ku munota wa 35. Australia nicyo gihugu gifite umwanya wa kure ku rutonde rwa FIFA, 64.
Muri iri tsinda, u Buholande na Chili zifite amanota atatu, zikurikiwe na Australia naho Espagne ni iya kane n’umwenda w’ibitego 4.
Gahunda y’uyu munsi
Colombia vs u Bugereki saa 18.00 @ Estadio Mineirão
Uruguay vs Costa Rica saa 21.00 @ Castelão
U Bwongereza vs u Butaliyani saa 23.59 @ Arena Amazonia
Cote d’ivoir vs u Buyapani saa 3.00 @ Arena Pernambuco
Icyo cyavuzweho ku mbuga nkoranyambaga (Twitter, Facebook na Instagram)



















TANGA IGITEKEREZO