Ni umukino utari woroshye ku mpande zombi by’umwihariko waranzwe n’ishyaka rikomeye ku ruhande rw’ikipe y’abayobozi ,Vision 2020, yakinagamo Perezida wa Sena Makuza Bernard.
Nubwo babonye amakarita abiri y’umutuku kubera amakosa bakoreye abanyamakuru, Vision 2020 ibifashijwemo na bamwe bigeze gukina umupira w’amaguru nka Nshizirungu Hubert wakiniye Kiyovu Sport na Rwanda B yatwaye igikombe cya CECAFA, Mateso usanzwe ari Umutoza wungirije wa AS Kigali n’abandi batsinze abanyamakuru b’imikino ibitego 6 kuri 2.
Ibitego bya Vision 2020 harimo bibiri byatsinzwe na Muhayimana Theonetse wahoze akinira Rayon na Kiyovu Sport.
Ikipe y’abanyamakuru yari igizwe n’abanyamakuru b’imikino bazwi mu gihugu nka Jado Dukuze wa Radio 10, Peter Kamasa wa The New Times, Claude Hitimana wa Radio Flash, Jean Luc Imfurayacu wa Radio 10 n’abandi.
Perezida wa Sena, Bernard Makuza yakinnye iminota 90 yose afasha ikipe ye kwitwara neza imbere y’abanyamakuru.
Amafoto: Danny Papyson



















TANGA IGITEKEREZO