Uyu mukino wari wavuzweho byinshi, wari uwa gatandatu uhuje aya makipe yombi muri uyu mwaka w’imikino, aho mbere yaho Rayon Sports yari yatsinze umukino umwe, AS Kigali itsinda itatu mu gihe undi mukino amakipe yombi yari yawunganyirijeho 1-1 ku kibuga cyakiniweho ku wa Gatatu.
IGIHE ikaba yabakusanyirije tumwe mu dushya twaranze uyu mukino wo kwishyura mu Gikombe cy’Amahoro nubwo bitari byoroshye kudukurikirana.
Bitunguranye abanyamakuru babujijwe kwinjiza ibifata amashusho ku kibuga
Uyu mukino wa Rayon Sports na AS Kigali wari uwa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro gitegurwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (Ferwafa), bivuze ko uru rwego ari rwo rwari rufite uburenganzira bwo gukumira abafata amashusho bitewe wenda n’amasezerano bagiranye n’umuterankunga aramutse ahari.
Aha ariko, abanyamakuru bakurikiranye uyu mukino batunguwe ubwo bageraga aho binjirira mu Nzove, dore ko babwiwe ko ntawemerewe kwinjiza camera zifata amashusho kuko bitemewe kuri uwo mukino. Abari bazanye ibi bikoresho byabaye ngombwa ko bashaka aho babibitsa, abatahabonye baguma hanze.
Ibi bidasanzwe mu mupira w’amaguru byamaze igice cya mbere cy’umukino, aho mu gice cya kabiri Ikipe ya Rayon Sports yaje gukomora maze camera zirinjira ku mpamvu na n’ubu itaramenyekana.
Bamwe mu bakozi ba AS Kigali y’Abagore na bo bangiwe kwinjira
Mu gihe bamwe mu banyamakuru biciraguragaho bibaza aho bashyira ibikoresho byabo bazanye ngo babone uko bareba umupira, abakozi b’Ikipe ya AS Kigali y’Abagore na bo bataje mu modoka imwe n’abakinnyi bari baheze hanze.
Abashinzwe kwinjiza ku muryango batangaje ko babwiwe ko nta muntu winjira adafite itike, mu gihe nta mukozi wa Rayon Sports wari ku muryango. Ubwo iyi kipe yazaga kubona igitego gifungura amazamu ariko, aba kera kabaye baje kwemererwa kwinjira.
Ubanza ari uruhurirane!
Umukinnyi wa As Kigali yatatse kwibwa agakapu yahawe n’umukunzi
Uyu mukino warimo amahane menshi ku musozo, byasabye indi minota 40 ngo imodoka itwaye abakinnyi ba As Kigali ive ku kibuga cyo mu Nzove.
Aha, ni nyuma y’uko Rutahizamu ukomoka muri Gabon, Ngwema Odette, yavuze ko agakapu yari yazanye ku kibuga yaje kukabura ubwo umukino wari ushojwe, aho yavuze ko kari karimo amafaranga ibihumbi bitanu ndetse n’ikarita y’ishuri.
Uyu mukinnyi yavuze ko agaciro kako ndetse n’ibirimo atari byo byamubabaje, aho ku bwe yavugaga ko ako gakapu ari ak’agaciro kuri we kubera ko ari impano yahawe n’umuntu w’ingenzi mu buzima bwe.
Ibi byasabye ko bakomeza gushakisha bafatanyije n’abashinzwe umutekano ku kibuga, gusa birangira aka kadashoboye kuboneka.
Abatoza b’amakipe yombi bakozanyijeho nyuma y’umukino
Mu minota ya nyuma, Ikipe ya AS Kigali yavuze ko yimwe penaliti, ubwo rutahizamu wayo w’Umurundikazi yategerwaga mu rubuga rw’amahina mu maso y’umusifuzi ariko agasanza. Ibi byababaje abatoza nyuma y’umukino dore ko penaliti yo ku munota wa 90 yashoboraga kubahesha itike yo kujya ku mukino wa nyuma.
Ubwo umukino wari urangiye, Umutoza wa AS Kigali, Ntagisanimana Saida, yanze gusuhuza Umutoza wa Rayon Sports, Rwaka Claude, wahise ashaka kumusuhuza ku ngufu amufata mu ijosi, maze uyu na we amurebera urushyi rwiza no ku matama ngo piii!.
Aba baje gukizwa n’abari aho birangira buri umwe agiye yimyoza.
Umukino wikanzwemo amarozi !
Nk’ibisanzwe muri ruhago yacu, umukino wo kuri uyu wa Gatatu wari wavuzwemo gukoreshwamo imbaraga zidasanzwe.
Amakuru IGIHE ifite ni uko ibi byageze muri AS Kigali baza gukina bikandangira bumva ko ikipe yabo ngo ishobora kuba yateguwe nk’uko bijya bivugwa iwacu. Ibi byatumye aba banga gukoresha urwambariro rusanzwe bajya kwambarira mu kigunda aho bishobora no kuba byabakozeho [mu mutwe] kuko mu kibuga bagaragaje urwego badasanzwe bafite.
Cyangwa se wa mugani bari barozwe [nubwo ntabyemera!!!]
Amafoto: Kasiro Claude
Video: Mazimpaka Alain



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!