Mu gihe kuri uyu wa Gatanu hakinwa imikino itatu y’igikombe cy’Isi, ubanza wasize benshi bibaza ku misifurire y’Umuyapani Yuichi Nishimura kuri penaliti yahaye Brazil n’igitego cya Croatia cyanzwe.
Kanda hano wumve byinshi ku munsi ufungura igikombe cy’Isi 2014
Dejan Lovren wakoreye ikosa kuri Fred bikavamo penaliti yinjijwe na Neymar yavuze ko ari ikimwaro ku Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) no ku mupira w’amaguru muri rusange.
Yagize ati " Sinakoze kuri Fred, Isi yose yabibonye. Brazil bakinnye ari 12. Buri gihe dukora inama n’abasifuzi mbere y’umukino ariko murebe ibyo baba bakoze.”
Mu gihe Croatia yashoboraga kugombora iyi penaliti ya Neymar, igitego cya Perisic cyaburijwemo n’ifirimbi ya Nishimura kuko Olic yari yagonze umunyezamu wa Brazil, Julio Cesar.
Umutoza wa Croatia, Niko Kovac yavuze ko abasifuzi bakwiye gusubira ku mategeko agenga umukino ariko avuga ko uburyo Fred yakoresheje bwari uburyo bwo gushaka intsinzi, ikibazo kiba umusifuzi.
Yagize ati “Fred apima nibura ibiro 85, sintekereza ko yari kugwa mu buryo bworoshye nkaburiya, sinamurenganya kuko yashakaga intsinzi. Icyo nifuza ni uko abasifuzi basubira mu mategeko y’umukino.”
Nyamara ariko mu rwego rwo gukemura impaka, abasifuzi bahawe imiti yo gutera mu kibuga mu gihe hasifuwe ikosa berekana aho gutereka umupira no guhagarara ku rukuta.
Muri iki gikombe hari gukoreshwa uburyo bw’ikoranabuhanga bwerekana ko igitego cyinjiye, umupira warenze umurongo.
Nashimura afite imyaka 42 yasifuye igikombe cy’Afurika mu 2008 muri Ghana, ntiyahawe umukino wa ¼ nyuma yo kudaha umukinnyi wa Angola wamusunitse ikarita ubwo bakinaga na Misiri. Angola yaje guhagarikwa imyaka 5.
Mu gikombe cy’Isi 2010, Nashimura yasifuye umukino wahuje u Bufaransa na Uruguay, aba uwa mbere gutanga ikarita y’umutuku yahaye Umunya Uruguay, Nicolás Lodeiro.
Ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cy’amakipe mu 2010, abafana ba Tout Puissant Mazembe ntibishimiye ibyemezo by’uyu Muyapani wabasifuriye amakosa 21 ku 9 ya Inter de Milan.
Aba bafana bahise basahura iduka ry’Umushinwa ryari hafi ya stade mu gihe uyu ari Umuyapani.
Yuichi Nishimura niwe watowe nk’umusifuzi mwiza wo muri Aziya mu 2012. Haribazwa niba Yuichi Nishimura ashobora kongera guhabwa undi mukino muri iki gikombe cy’Isi.



















TANGA IGITEKEREZO