Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026, Argentine na Espagne byahuriye mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nubwo La Albiceleste yageze ku mukino wa nyuma, muri Argentine indwara z’umutima zariyongereye mu gihe cy’iri rushanwa, cyane cyane mu mikino yo gukuranwamo uhereye muri 1/16.
Umuhanga mu bijyanye n’indwara z’umutima wo mu Mujyi wa Buenos Aires, Dr. Alan Sigal, yatangaje ko mu gihe cy’Igikombe cy’isi, Abanya-Argentine bibasiwe n’indwara zifitanye isano n’umutima.
Ati “Byakunze kuba mu gihe cy’umukino by’umwihariko urangiye. Aho bagiraga palpitations, ububabare bwinshi mu gituza, umuvuduko mwinshi w’amaraso, arrhythmias, byose bitewe n’uko babaga bameze mu gihe cy’umukino.”
Argentine yarenze amatsinda idatsinzwe umukino n’umwe, igeze muri 1/16 itsinda Cap-Vert ibitego 3-2 bisabye iminota 30 y’inyongera, muri ⅛ itsinda Misiri ibitego 3-2 ku munota wa kabiri w’inyongera kuri 90.
Umukino w’u Busuwisi wa ¼ na wo yawutsinze ku bitego 3-1 bisabye iminota 30 y’inyongera, mbere yo kugera ku mukino wa nyuma ivuye inyuma ikishyura u Bwongereza igatsinda ibitego 2-1 mu minota itanu ya nyuma y’umukino.
Umukino wo kuri iki Cyumweru, na wo ntabwo uza koroha kuko mu mikino itanu iheruka guhuza amakipe yombi, Espagne yatwaye Igikombe cy’Isi inshuro imwe yatsinzemo itatu, Argentine yagitwaye inshuro eshatu igatsindamo ibiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!