Les Aigles du Congo ya Vidiye Tshimanga, umwe mu bantu ba hafi ya Perezida Félix Tshisekedi, yasezerewe nyuma yo gutsindwa na APR FC ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze wabereye muri Stade Amahoro ku wa 11 Nzeri 2026, biba ibitego 3-1 mu mikino yombi.
Mu kiganiro Sport et Détente cyatambutse kuri Shalom Radio Television HK ku wa 13 Nzeri, Umunyamakuru Félix Mwenze yavuze ko yatunguwe n’imikinire ya Les Aigles du Congo, ashimangira ko itari ku rwego rw’iri rushanwa bitewe n’imyiteguro myiza yari yaragize ndetse ko bikwiye kuryozwa Perezida wayo, Vidiye Tshimanga.
Ati “Ibyabaye byose kuri Les Aigles du Congo hari uwo kubibaza. Ni Vidiye Tshimanga. Ikipe yishyize ku gitutu ubwayo, mbere na mbere ibyabaye mbere yo gutangira iri rushanwa rya Champions League, ikibazo cya stade, itumanaho, gushaka gusubiza uwo ari we wese no gufata ibyemezo bidafasha abakinnyi.”
Yongeyeho ati “Yewe n’amahitamo yo gukora urugendo ku munsi w’umukino wo kwishyura. Njye nibajije ikibazo ni iki biza kubafasha? Ese bagombaga gukora ibyo APR yakoze?”
Gullit Koba wari uyoboye ikiganiro, yavuze ko yabonye amakuru ko Les Aigles du Congo yashakaga kugenda n’indege yihariye.
Ati “Uko byagenda kose bashakaga kugenda nka APR, nk’uko APR yaje i Lubumbashi.”
Mwenze yashimangiye ko aho ari ho habereye ikosa kuko nubwo hari aho byagiye bibaho ko ikipe igera ku kibuga mbere y’iminota 30, igakina igatsinda, ariko iyi kipe y’i Kinshasa yishyize mu byago yashoboraga kwirinda mbere.
Kuba APR FC yarafanwe n’Ingabo z’u Rwanda byarabakangaranyije
Mu mashusho yifashishijwe muri iki kiganiro, nk’uko byanagiye bigarukwaho ku mbuga zitandukanye guhera ubwo umukino wabaga, harimo agaragaza Ingabo z’u Rwanda zitabiriye umukino kugira ngo zishyigikire APR FC.
Benshi mu Banye-Congo bagiye bifashisha ayo mashusho mu gushimangira ko byari bigoye ko Les Aigles du Congo yabona intsinzi i Kigali kuko abakinnyi bayo batakinnye bisanzuye kubera abasirikare bari benshi muri Stade Amahoro.
Mu kiganiro, Gullit Koba yagize ati “Reba uburyo abasirikare bari benshi, batabarika, kuri Stade Amahoro y’i Kigali. Ariko si ko byari bimeze i Lubumbashi, ubwo Les Aigles yakinaga umukino wayo nta bafana, ariko ku ruhande rwo mu Rwanda byari ibindi.”
Christian Mbondo Wabana na we wari muri iki kiganiro, yavuze ko umukino ubanza utagaragayeho abafana kubera ikibazo cy’umutekano muke, ndetse ku wo kwishyura w’i Kigali hatari abasirikare gusa, ahubwo hari n’abafana basanzwe.
Ku bijyanye no kuba abakinnyi ba APR FC barahawe agahimbazamusyi muri Stade Amahoro, Gullit Koba yavuze ko ari ubwa mbere amashusho nk’ayo afashwe akanashyirwa hanze n’iyi kipe, ibigaragaza uburemere uyu mukino wari wahawe dore ko u Rwanda na RDC bitabanye neza muri iyi minsi.
Aba banyamakuru bagaragaje ko kuba abafana ba TP Mazembe bari bashimangiye ko bazashyigikira APR FC i Lubumbashi, biri mu byatumye umukino ubanza ubera mu muhezo.
Mwenze ati “Ntabwo byakumvikana neza uburyo ikipe yo muri RDC yaba ikinira mu rugo ariko ikaba ihanganye n’abafana benshi.”
Mu nkuru yakozwe n’uwitwa Vincent Okongo kuri Tiktok ku wa 12 Nzeri, yavuze ko Vidiye Tshimanga uyobora Les Aigles du Congo yashinje ubuyobozi bwa TP Mazembe n’abakunzi bayo gushyigikira APR FC mu buryo bw’amafaranga no kuyifana, ibyo yise “kugambanira igihugu.”
@vincent.okongo75 #rdcongo🇨🇩 #viral #kinshasa🇨🇩 ♬ son original - Vincent Okongo
Indege yagejeje Les Aigles du Congo i Kigali yishyuwe na Leta ya RDC
Umunyamabanga Mukuru wa TP Mazembe, Frédéric Kitenge Kikumba, wari watumiwe muri iki kiganiro cyabaye ku wa 13 Nzeri, yanyomoje aba banyamakuru, avuga ko indege yagejeje Les Aigles du Congo i Kigali yishyuwe na Leta ya RDC.
Ati “Ikipe ya Les Aigles ntiyigeze ikodesha indege. Amahitamo yo kujya gukina ku munsi w’umukino ntiyari amahitamo yabo, nta bundi buryo bari bafite. Nta mafaranga bari bafite yo kwishyura uburyo busanzwe bw’urugendo rwa Lubumbashi- Dar es Salaam- Kigali.”
Yakomeje ati “Basabye Perezidansi yamenyesheje Minisitiri w’Ubwikorezi, Jean Pierre Bemba, wategetse kompanyi ya Ethiopian Airles ngo ijyane ikipe i Kigali, inayicyure i Kinshasa.”
Ku bijyanye no kuba APR FC yarashyigikiwe n’abasirikare i Kigali, Kitenge yavuze ko ntacyo bitwaye, nk’uko utabuza FC St-Eloi Lupopo gushyigikirwa n’abacukura amabuye y’agaciro ndetse n’abubaka imihanda ya gari ya moshi.
Ati “Niba ufite ikipe ya gisirikare, kuko bariya basirikare bose ntibari bafite intwaro, ni ikipe yabo, ni ibisanzwe. Bakoze ibyo bagombaga gukora.”
Les Aigles du Congo yashyize imbaraga mu kirego ishinjamo TP Mazembe gukinisha rutahizamu Bingi Belo adafite ibyangombwa ndetse impande zombi zamaze guhamagazwa n’Ishyirahamwe ry’Umupora w’Amaguru muri iki gihugu (FECOFA) aho zizitaba tariki ya 17 Nzeri 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!