00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intwaro Robertinho azifashisha Rayon Sports igatsinda Young Africans

Yanditswe na Manzi Rema Jules
Kuya 23 August 2018 saa 05:50
Yasuwe :

Abakinnyi ba Rayon Sports basubukuye imyitozo nyuma yo gukora ibitari byitezwe bagatsinda Gor Mahia ibitego 2-1 mu mukino wa CAF Confederation Cup.

Iyi myitozo yabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamairambo, yitabiriwe n’abakinnyi basanzwe n’abashya biganjemo abanyamahanga bari mu igeragezwa.

Umutoza Roberto Oliviera Gons Alvez de Carmo (Robertinho), yatangaje ko kuri uyu mukino azaba adafite abakinnyi nka Manzi Thierry na Niyonzima Olivier Sefu bafite amakarita abiri y’imihondo.

Biyongera kuri Yannick Mukunzi, Christ Mbondi na Nzayisenga Kassim bari mu bihano bya CAF nyuma yo guteza imvururu ku mukino Rayon Sports yakinnye na USM Alger muri Algeria.

Kubura aba bakinnyi Robertinho asanga ari ikibazo gikomeye ariko yiteze ko abandi bazamufasha kubona amanota atatu.

Ati “Ni abakinnyi b’ingenzi tutazaba dufite ariko birashoboka. Nyuma yo gukina imikino ibiri yo hanze twitwara neza abakinnyi bigaruriye icyizere. Igikenewe ubu ni ukubategura mu mutwe cyane kuko nicyo kizadufasha imbere ya Young Africans.”

Ku bakinnyi b’abanyamahanga bari muri iyi kipe, uyu mutoza ukomoka muri Brazil yavuze ko ubu nta mwanya munini yabaha ahubwo arajwe ishinga no gutegura abo asanganywe ari nabo azifashisha, abandi akazabareba nyuma.

Rayon Sports ifite amanota atandatu irasabwa gutsinda Young Africans ikagira icyenda ikazategereza ibizava mu mukino wa USM Alger na Gor Mahia zifite umunani.

Uyu mukino uzaba tariki 29 Kanama kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Abafana bari baje kureba imyitozo ya mbere ya Rayon Sports ari benshi
Bimenyinama Caleb (uryamye hasi) watsinze igitego cya mbere Gor Mahia ni umwe mu bahanzwe amaso ku mukino wa nyuma mu itsinda
Umutoza yavuze ko abakinnyi barimo Okpara Ugochukwu McCarthy azabagerageza neza nyuma y'umukino wa Young Africans
Myugariro Manzi Thierry (ufite umupira) ari mu bakinnyi batazakinira Rayon Sports ku mukino wa Gor Mahia
Rutahizamu Okpara Ugochukwu ukomoka muri Nigeria yaje mu igeragezwa ahanganiye umupira na Ange Mutsinzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages