00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iradukunda Pascal yabonye ikipe nshya muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 September 2026 saa 09:41
Yasuwe :

Iradukunda Pascal ukina mu kibuga hagati ariko washeshe amasezerano yari afitanye na Rayon Sports, yabonye ikipe nshya ya Nova Star SC ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 14 Nzeri 2026, ni bwo uyu mukinnyi yahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, atangira urugendo rumwerekeza i Dubai.

Uyu mukinnyi w’imyaka 21 ni umwe mu bamaze imyaka ibiri muri Rayon Sports atabona umwanya uhagije wo gukina, gusa impano ye idasanzwe ikaba yarasunikiye andi makipe kumushaka.

Mu gihe haburaga umwaka umwe ku masezerano ye muri Gikundiro, yemeye kugirana ibiganiro na yo barayasesa, hanyuma yishakira ahandi, ari na yo mpamvu yamaze kumvikana na Nova Star SC.

Iyi kipe igiye kumuha amasezerano y’imyaka itatu, akaba ari umwe mu bazayifasha muri uyu mwaka w’imikino wa 2026/27, dore ko ari bwo ikizamuka mu Cyiciro cya Kabiri.

Nova Star SC ni ikipe ishingiye ku bakinnyi bakiri bato, ari na yo mpamvu yashimye Iradukunda Pascal.

Iradukunda afite ubushobozi bwo gukina mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu, ndetse akaba yanakina asatira izamu anyuze mu mpande.

Iradukunda Pascal agiye gukinira Nova Star SC yo muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages