00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iranzi na Rachid mu nzira zerekeza i Burayi, abandi mu ihurizo ry’ibyangombwa

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 20 July 2016 saa 01:02
Yasuwe :

Byari biteganyijwe ko Iranzi Jean Claude, Rwatubyaye Abdul, Kalisa Rachid na Ombolenga Fitina berekeza ku mugabane w’u Burayi mu gihugu cya Slovakia kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2016 mu ikipe yabaguze ariko itinda ry’urupapuro rw’inzira rwa Ombolenga Fitina, no kwimwa ibyangombwa kwa Rwatubyaye byatumye urugendo rwabo rusubikwa.

Aba bakinnyi uko ari bane bamaze kumvikana n’ikipe ya MFK Topvar Topoľčany yo mu cyiciro cya gatatu muri Slovakia ndetse byari biteganyijwe ko burira indege bakajya gutangira kuyikinira.

Ombolenga Fitina wari usanzwe akinira Kiyovu Sports yatangarije IGIHE ko urugendo rwabo rwamaze gusubikwa kuko ubwo berekezaga muri Kenya mu byumweru bibiri bishize gushaka visa, abandi barayibonye ariko we na Rwatubyaye ntibayibona kandi bagomba kuzagendera rimwe.

Yagize ati “Nagize ikibazo cy’ibyangombwa ariko visa ishobora gusohoka kuri uyu wa Gatatu cyangwa kuwa Kane. Nisohoka nibwo tuzamenya igihe tuzagendera. Perezida w’ikipe tugiyemo azagaruka mu Rwanda ibyangombwa byose bimaze kuboneka noneho ategure uko tugenda gusa bishobora kuba nko kuwa Gatanu ahari.”

Uyu mukinnyi w’imyaka 20 wigaragaje cyane uyu mwaka w’imikino haba muri Kiyovu Sports n’ikipe y’igihugu ari nabyo byamuhesheje amahirwe yo kubona ikipe i Burayi, avuga ko we na Rwatubyaye Abdul bagiye muri Kenya pasiporo zabo zitarasohoka ariko kuko umuyobozi w’iyi kipe Abdelaziz Benaoudia hari ibindi yifuzaga ko buzurizayo biba ngombwa ko bajyana n’abandi.

Myugariro w’ikipe ya APR FC, Rwatubyaye Abdul ashobora kudahabwa visa ndetse agakumirwa kujya gukina ku mugabane w’i Burayi nyuma yuko yari yaratorokeye mu Bufaransa muri 2013 ubwo yajyanaga n’ikipe y’igihugu mu mikino y’abavuga ururimi rw’igifaransa " Jeux de la Francophonie " yabereye i Nice.

Rwatubyaye Abdul, akimara kubura, urwandiko rwe rw’inzira rwashyikirijwe Polisi iramushakisha, biza kurangira afashwe ndetse ahita yoherezwa mu Rwanda.

Babiri mu bakinnyi baguzwe n’ikipe ya MFK TOPVAR TOPOLCANY, ibarizwa mu cyiciro cya 3 muri Slovakia barimo Kalisa Rachid wakiniraga Police FC na Iranzi Jean Claude bamaze kubona ibyangombwa, Ombolenga Fitina wa Kiyovu Sports akaba agitegereje kubihabwa.

Myugariro wa APR FC, Rwatubyaye Abdoul(nimero 28) ashobora kuterekeza ku mugabane w'u Burayi kubera kwimwa ibyangombwa
Ombolenga(hagati) afite icyizere cyo kubona ibyangombwa byo kwerekeza ku mugabane w'u Burayi
Kalisa Rachid(ufite umupira) wakiniraga Police FC yamaze kubona urupapuro rw'inzira
Iranzi Jean Claude(iburyo) wari umaze imyaka umunani muri APR FC yamaze kubona ibyangombwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages