00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ishimwe rya CECAFA kuri Perezida Kagame

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 July 2026 saa 11:45
Yasuwe :

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati (CECAFA), Paulos Weldehaimanot Andemariam, yashimiye Perezida Paul Kagame ku ruhare rwe mu gushyigikira irushanwa rihuza amakipe, CECAFA Kagame Cup, aho iry’uyu mwaka rizabera i Kigali kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 7 Kanama 2026.

Perezida Kagame atera inkunga iri rushanwa kuva mu 2002, aho atanga ibihumbi 60$ [asaga miliyoni 88,2 Frw] agabanywa amakipe atatu ya mbere nk’ibihembo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru gitangiza CECAFA Kagame Cup izatangira ku wa Gatanu, cyabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa 22 Nyakanga, ni bwo Umuyobozi wa CECAFA yashimiye byimazeyo Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ukomeje gushyigikira iri rushanwa.

Ati “Uyu munsi ni umunsi udasanzwe twazanyeho CECAFA Kagame Cup mu Murwa Mukuru, Kigali. Mbere ya byose, ndifuza gushimira Guverinoma y’u Rwanda mu izina rya CECAFA, by’umwihariko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kubera umuhate, ubwitange n’inkunga akomeje gutera iri rushanwa ry’amakipe yo muri CECAFA.”

Paulos yavuze ko bifuza iri rushanwa rya CECAFA rijya ku rwego rumwe n’amwe mu marushanwa akomeye muri Afurika.

Ati “Nk’uko twese tubizi, iri rushanwa ryatangiye mu myaka ishize kandi twishimiye aho rimaze kugera. Twizeye ko rizakomeza kuba rimwe mu marushanwa akomeye y’amakipe ku Mugabane wa Afurika.”

Ubuyobozi bwa CECAFA bwizeye ko kongera kwitabira iri rushanwa kw’amakipe arimo Simba SC yari imaze imyaka umunani itarikina, ari ikigaragaza ko rigiye kongera gushinga imizi ndetse buteganya ko ibihembo bitangwa biziyongera.

Imikino ifungura iri rushanwa izabera muri Stade Amahoro ku wa Gatanu aho Vipers SC yo muri Uganda izakina na Garde Républicaine yo muri Djibouti guhera Saa Cyenda, mbere y’uko APR FC ikina na Gor Mahia yo muri Kenya guhera Saa Moya z’umugoroba.

Amatsinda ya CECAFA Kagame Cup 2026:

Itsinda A: APR FC (Rwanda), Vipers SC (Uganda), Gor Mahia (Kenya), FC Garde Republicaine (Djibouti).

[[Itsinda B: Singida Big Stars (Tanzania), Simba SC (Tanzania), Jamus (Sudani y’Epfo) na Mogadishu City (Somalia).

Itsinda C: Al Hilal SC (Sudani), Rayon Sports (Rwanda), Tusker FC (Kenya) na KVZ SC (Zanzibar).

U Rwanda rwaherukaga kwakira CECAFA Kagame Cup mu 2019, ruzakira iy'uyu mwaka izatangira ku wa Gatanu
Perezida wa CECAFA, Paulos Weldehaimanot Andemariam, yashimiye Perezida Paul Kagame ku ruhare rwe mu gushyigikira irushanwa rihuza amakipe yo muri Afurika y'Iburasirazuba n'iyo Hagati
Visi Perezida wa Kabiri wa FERWAFA, Mugisha Richard, yavuze ko imyiteguro y'iri rushanwa imeze neza
Ikiganiro n'abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu cyari icyo gutangiza CECAFA Kagame Cup y'uyu mwaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages