00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Isura ya Stade Amahoro ivuguruye (Amafoto)

Yanditswe na Mihigo Saddam
Kuya 27 April 2022 saa 12:33
Yasuwe :

Stade Amahoro muri iki gihe, iri ku rwego rwa za nyakatsi ugereranyije n’aho Isi igeze. Ni igisebo ku Rwanda rushaka kuba ikimenyabose mu kwakira imikino, ariyo mpamvu ruri gukora ibishoboka byose ngo ruyivugurure.

Iyi Stade yubatswe na sosiyete y’Abashinwa ku nkunga y’Ababiligi igatahwa mu 1986, mu minsi mike aho iri hazaba hateretse indi y’akataraboneka.

Magingo aya, isoko ry’abagomba kuyubaka ryamaze gutangwa. Ni Sosiyete yitwa SUMMA y’Abanya-Turikiya. Izafatanya na NPD Cotraco izakora imirimo y’ibanze.

SUMMA ni yo yubatse Kigali Arena n’iyitiriwe Abdoulaye Wade mu Mujyi wa Diamniadio mu nkengero za Dakar.

Kuvugurura Stade Amahoro ni umushinga uhanzwe amaso, byitezwe ko mu myaka ibiri i Remera hazaba hari Stade y’akataraboneka izajya yakira abantu ibihumbi 45.

Uko Stade Amahoro izaba imeze

Kugeza ubu, ntabwo igishushanyo mbonera kigaragaza uko iyi stade izaba imeze kiraboneka. Amakuru IGIHE ifite ni uko mu mezi abiri, kizaba cyabonetse ari nabwo ingengo y’imari izakoreshwa izamenyekana.

Ugeze ahari iyi stade, ubona ko yakikijwe amabati atukura agaragaza ko hari gukorerwa ibikorwa by’ubwubatsi. Imbere muri stade, imirimo yo gusenya ibice bimwe na bimwe nayo yamaze gutangira.

Abazi neza uburyo bizakorwa, babwiye IGIHE ko hafi ibice byose bya stade bizasenywa bishyirwe hasi. Urebye ibice bizasigara, ni bito cyane.

Mu gusenywa, inkingi nizo zizasigara. Ni ukuvuga ngo ikintu cyose cyubatswe hakoreshejwe béton kizasigara hanyuma inkuta zose zirimburwe.

Nibamara gusenya inkuta, bazubaka izindi nkingi inyuma y’izari zisanzwe arizo basa n’abazaterekaho stade, hanyuma kuko izaba isakaye hose, igisenge gifate ku zisanzwe n’izo nshya.

Umwe mu bazi neza iby’uyu mushinga yabwiye IGIHE ati “Ubusitani busanzwe inyuma ya stade buzavaho kuko tuzaba dukeneye kongera imyanya. Tuzasenya inkuta zose tuzamure inkingi zisumba iyi ihari hanyuma tumanure hajyemo indi myanya.”

Stade yose izaba ikoze mu muzenguruko nk’ibisanzwe, hanyuma parikingi yo izaba izengurutse stade yose nk’uko bimeze kuri Kigali Arena.

Imbere muri stade, hazashyirwa intebe nshya zigezweho abafana babasha kwicaraho batanyagirwa.

Ikibuga cyose kizavanwamo cyongere gishyirwemo bundi bushya, ku ruhande ahifashishwa n’abasiganwa ku maguru hazavugururwa bijyanye n’igihe.

Inyuma ya Stade, hateganyijwe umwanya uzashyirwamo ikibuga kigezweho kizajya gikoreshwa nk’ikimyitozo. Kizaba kijyanye n’igihe bitandukanye n’ibibuga bihari ubu.

Uwaduhaye amakuru yavuze ko ubu hategerejwe ko Minisiteri ya Siporo isenya ibice bigomba gusenywa ubundi imirimo igatangira.

Ati “ MINISPORTS niyo ifite inshingano zo gusenya inkuta zose zigize Stade Amahoro, hanyuma ibikorwa bindi bigasigare mu maboko ya SUMMA.”

Igitekerezo cyo kuvugurura Stade Amahoro cyatangajwe bwa mbere n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) mu 2018.

Kwagura Stade Amahoro byagombaga kujyana no kuvugurura Petit Stade yakira imikino y’amaboko no kubaka ibibuga bikorerwaho izindi siporo mu gace ka Remera, kazagirwa igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro.

Mu nkengero za Stade Amahoro hashyizwe amabati agaragaza ko hari imirimo y'ubwubatsi iri gukorwa
Ikibuga gikoreshwa ubu kizavanwaho, ubwatsi busimbuzwe ubugezweho bujyanye n'igihe
Usibye inkingi, inkuta zose za Stade Amahoro zatangiye gusenywa kugira ngo imirimo y'ubwubatsi itangire
Stade Amahoro ntiyari ikijyanye n'igihe kuko yubatswe kera cyane. Yatashwe mu 1986
Imirimo y'ibanze yo gusenya iyi stade yamaze gutangira
Ibiro byari muri Stade Amahoro byamaze kuvanwamo, Federasiyo zayikoreragamo zisabwa gushaka ahandi
Imyanya y'icyubahiro izubakwa mu buryo buhesha agaciro abishyuye menshi
Parikingi izashyirwa mu nkengero za Stade Amahoro
Iyi stade yanengwaga ko ifite inkuta zibangamira Camera ntizifate amashusho neza
Intebe zizasimburwa hanyuma hashyirwemo inshya zigezweho. Imyanya yose izaba ari ibihumbi 45
Abafana bose bazajya bicara ahantu hatwikiriye
Ikibuga cyifashishwa mu gusiganwa ku maguru kizubakwa mu buryo bugezweho
Sosiyete yitwa SUMMA niyo izubaka Stade Amahoro mu buryo bugezweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages