Uyu munya-Bresil w’imyaka 25 byitezwe ko muri iki Cyumweru azavaga mu biruhuko yerekeza i Londres gukorerwa isuzuma ry’ubuzima, nyuma akazerekanwa ku mugaragaro.
Iyi kipe kandi yamuritse umuzamu w’Umyamerika, Matt Turner bari baguze miliyoni 6$ muri Mutarama avuye mu ikipe ya New England Revolution yo muri Amerika. Matt Turner aje guhatanira umwanya n’umuzamu wa mbere wa Arsenal Aaron Ramsadale, mu gihe Bernd Leno ari mu nzira zisohoka.
Arsenal kandi ikomeje ibiganiro na Leeds United bigamije kureba uko bakumvikana ku giciro cya rutahizamu Raphinha kugira ngo na we yerekeze muri Arsenal. Ikipe ya Leeds yiteze ko uyu mukinnyi wayo azatangwaho asaga miliyoni £62.
Kalvin Phillips agiye kwerekeza muri Manchester City
The Athletic yatangaje ko Umwongereza ukina hagati mu ikipe ya Leeds United, Kalvin Phillips ari mu nzira yerekeza i Manchester nyuma y’aho Manchester City yemeye kumutangaho miliyoni £42 azagenda yongerwa bitewe n’uko yitwaye.
Manchester City inakomeje ibiganiro na myugariro ukina ibumoso mu ikipe ya Brighton, Marc Cucurella kugira ngo ayerekezemo. Birakekwa ashobora gutangwaho arenga miliyoni £4o.
Manchester United yatangaje ko Ronaldo ntaho azajya
Ikipe ya Manchester United yanyomoje amakuru avuga ko yiteguye kugurisha Christiano Ronaldo nyuma y’uko ureberera inyungu z’uyu mukinnyi Jorge Mendes agiranye ibiganiro byerekeye Ronaldo n’umuyobozi wa Chelsea FC Todd Boehly.
The Athletic itangaza ko Manchester United iri hafi kumvikana na FC Barcelone ku giciro cy’umuholandi Frenkie de Jong. Ni nyuma y’uko FC Barcelone yari yanze miliyoni €60 zari zatanzwe bwa mbere na Manchester United.
Manchester United yaje kongera amafaranga yatangaga bizamura amahirwe y’uko uyu mukinnyi w’imyaka 25 ukina hagati yerekeza muri iyi kipe. Barcelone irifuza byibura miliyoni €75 zingana n’ayo bamuguze mu myaka ibiri ishize.
Petr Cech yiyongereye ku mubare w’abasohotse muri Chelsea FC
Nyuma ya Bruce Buck na Marina Granovskai, Petr Cech yavuye mu buyobozi bwa Chelsea FC. Itangazo ryaohowe n’iyi kipe ryemeje ko Petr Cech atazakomeza ku mwanya w’ubujyanama mu bya tekiniki yari asanzweho mu ikipe ya Chelsea FC.
Uyu mugabo wakiniye iyi kipe igihe kitari gito yahisemo guhagarika imirimo ye nubwo ubuyobozi bushya bwa Chelsea bwari bwamusabye kuhaguma.
Mu basohoka muri Chelsea kandi harimo umunya-Maroc, Hakim Ziyech wamaze gusaba iyi kipe ko yamureka akagenda nyuma yo kudahabwa umwanya uhagije wo gukina.
Amahirwe menshi ni uko ashobora kwerekeza mu ikipe ya AC Milan yagaragaje ko imwifuza ku ntizanyo ubundi ikazamugura mu mwaka utaha.
Chelsea kandi iri mu biganiro n’ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani kugira ngo bagure myugariro Matthijs de Ligt. Chelsea irifuza gutanga amafaranga bakongeraho rutahizamu wabo Timo Werner kugira ngo Juventus ibahe uyu Muholandi w’imyaka 22.
Sky Italia yemeza ko Juventus yiteguye kwemera ubusabe bwa Chelsea mu gihe Chelsea yaba izamuye umubare w’amafaranga yifuza gutanga kuri De Light. Kurundi ruhande Timo Werner nawe yiteguye kwerekeza muri Juventus amakipe yombi abashije kumvikana.
Chelsea kandi ikomeje ibiganiro na Manchester City ngo ibashe kwegukana rutahizamu w’Umwongereza, Raheem Sterling. Manchester yiteguye kumurekura igihe haba hishyuwe miliyoni £55.
Howard Webb agiye kuyobora ishyirahamwe ry’abasifuzi mu Bongereza
Uwahoze ari umusifuzi muri shampiyona y’u Bwongereza, Howard Webb ni we uzayobora ishyirahamwe ry’abasifuzi babigize umwuga mu Bwongereza.
Uyu mwanya awuhawe nyuma y’uko Mike Riley wari umaze imyaka 13 ayobora iri shyirahamwe yeguye.
Howard Webb w’imyaka 50 yatangiye gusifura ikiciro cya mbere muri shampiyona y’u Bwongereza guhera 2003 kugera 2014, yayoboye imikino ya shampiyona 296. Nyuma yo gusezera yagiye ayobora amashyirahamwe y’abasifuzi mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Arabia Saudite na shampiyona yo muri Amerika ‘Major League Soccer.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!