00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jose Mourinho yahawe umukino umwe wo gupfa no gukira

Yanditswe na Manzi Rema Jules
Kuya 29 August 2018 saa 09:50
Yasuwe :

Umutoza Jose Mourinho uri mu bihe bikomeye nyuma yo gutsindwa imikino ibiri ikurikirana no kutumvikana n’ubuyobozi bwe, ashobora kwirukanwa mu gihe yatsindwa uwa gatatu.

Mourinho amaze imyaka ibiri atoza Manchester United ariko mu isoko ry’igura n’igurisha uyu mwaka yagaragaje kwinubira uburyo abayobozi be bamutereranye ntibamugurire abakinnyi yifuzaga by’umwihariko ba myugariro.

Yari yasoje umwaka ushize ari iya kabiri. Uyu mwaka yatangiye nabi mu mikino itatu imaze gukinwa ikaba yaratsinzwe ibiri iheruka.

Yabanje gutsindwa na Brighton and Hove Albion ibitego 3-2 ariko bikomera cyane mu ntangiriro z’icyumweru nyuma yo kunyagirwa na Tottenham Hotspur 3-0.

Daily Mail yatangaje ko uyu mutoza ashobora guhita asezererwa mu gihe yatsindwa umukino wa gatatu ku Cyumweru na Burnley.

Iki kinyamakuru kiri mu bikomeye mu Bwongereza cyavuze ko cyahawe amakuru n’umwe mu bantu bo muri iyi kipe ko n’abakinnyi barimo kuganira ku kwirukanwa kwa Mourinho n’ushobora kumusimbura, Zinedine Zidane.

Yagize ati “Baravuga ko Jose azaba yagiye bidatinze. Bamwe baratekereza ko azirukanwa nibatsindwa na Burnley abandi bakabona ko atazarenga Nzeri.”

Uwahaye iki kinyamakuru amakuru yavuze ko uko ibintu bimeze muri Manchester United, bidatandukanye n’uko byari bimeze mbere y’uko Louis van Gaal yirukanwa mu 2016.

Yagize ati “Twabonye ibintu nk’ibi mbere. Ikipe izakomeza kuvuga ko ishyigikiye Jose ariko twabonye ibyabaye kuri Louis. Abakinnyi bo ubu bari kuvuga ku buryo Zidane ashobora kuza muri uyu mwaka.”

Abasesenguzi benshi bakomeje kugaragaza ko ahantu hose Mourinho yatoje, umwaka we wa gatatu ukunda kuba ibibazo kuko byabateho ari muri Real Madrid na Chelsea.

Hari amakuru yavugaga ko yashatse kwegura nyuma yo gutsindwa na Brighton and Hove Albion ariko iki kinyamakuru cyavuze ko bigoye ko uyu mutoza uhembwa miliyoni 15 z’ama-pound ku mwaka yakwijyana atirukanywe.

Hagati aho, Zinedine Zidane udafite akazi muri iki gihe nyuma yo gusezera muri Real Madrid ayihesheje ibikombe bitatu bya Champions League byikurikiranya , ari guhabwa amahirwe yo gusimbura Mourinho.

Umutoza Jose Mourinho ashobora gusezererwa muri Manchester United

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages