Mu mpera z’umwaka ushize w’imikino nibwo Klopp yatangaje ko atazakomeza gutoza Liverpool kandi amahitamo ye ashingiye ku kujya mu karuhuko akaba ahagaritse aka kazi.
Ibyo ariko ntibyabujije amwe mu makipe y’igihugu n’andi asanzwe kumwifuza kugira ngo akomereze izo nshingano ahandi ariko we agakomeza gutsimbarara ku mwanzuro we.
Nk’uko ikinyamakuru The Athletic cyabyanditse, uyu mugabo yegerewe n’abayobozi b’Ishyirahamwe rya Ruhago muri America (USSF), kugira ngo bumwumvishe ko yabatoreza ikipe.
Ntacyo byatanze kuko Klopp w’imyaka 57 yatesheje agaciro ubusabe bwabo akavuga ko acyifuza kuruhuka ndetse nta gahunda aragira yo kuba yasubukura akazi k’ubutoza.
Intego ya USSF kwari ukugira ngo uyu mugabo ukomoka mu Budage azabafashe gutegura Ikipe y’Igihugu izabashe kwitegura neza imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera ku butaka bwayo, Mexique na Canada.
Ikipe y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iherutse gusezererwa mu matsinda ya Copa America ndetse ihita inirukana umutoza Gregg Berhalter wari uyimaranye umwaka umwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!