00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kabanda Felicien arasifura ku mukino w’u Buholandi na Chili

Yanditswe na

Tity Thierry Kayishema

Kuya 22 June 2014 saa 10:55
Yasuwe :

Umusifuzi w’Umunyarwanda, Kabanda Felicien arasifura mu mukino uhuza kuri uyu wa Mbere u Buholandi na Chili saa 18.00, umukino ugomba gutanga ikipe ya mbere iyobora itsinda B uzabera kuri Arena Corinthians, São Paulo.
Kabanda araba yungirije Umunyagambia Bakary Gassama afatanye na Evarist Menkouande wo muri Cameroun. Umunya Slovenia, Joel Aguilar abe ari umusifuzi wa kane.
Kabanda yavutse mu 1971 aba umusifuzi mpuzamahanga kuva mu 2002, yasifuye umukino wa nyuma wa CAF champions league (…)

Umusifuzi w’Umunyarwanda, Kabanda Felicien arasifura mu mukino uhuza kuri uyu wa Mbere u Buholandi na Chili saa 18.00, umukino ugomba gutanga ikipe ya mbere iyobora itsinda B uzabera kuri Arena Corinthians, São Paulo.

Kabanda araba yungirije Umunyagambia Bakary Gassama afatanye na Evarist Menkouande wo muri Cameroun. Umunya Slovenia, Joel Aguilar abe ari umusifuzi wa kane.

Kabanda yavutse mu 1971 aba umusifuzi mpuzamahanga kuva mu 2002, yasifuye umukino wa nyuma wa CAF champions league mu 2013, igikombe cy’Afurika 2012 na 2013. Uyu Munyarwanda azasifura kandi igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Nouvelle Zelande mu 2015.

Kabanda Felicien, umusifuzi wungirije ku mukino w'u Buholande na Chili
Kabanda n'abasifuzi bazafatanya, ni Umunyarwanda wa kabiri usifuye igikombe cy'Isi nyuma ya Ntagungira Celestin "Abega"

Aya makipe yombi yamaze kubona itike ya 1/8, u Buholandi burasabwa kunganya gusa bukayobora itsinda, aho ikipe ya kabiri mu itsinda B ishobora guhura na Brazil ya mbere mu itsinda A igihe itsinze Cameroun yamaze gusezererwa.

Rutahizamu w’u Buholande, kapiteni Robin Van Persie ntazakina uyu mukino kubera ikarita ebyiri z’umuhondo kimwe nka myugariro Bruno Martins Indi wagize ikibazo ku mutwe batsinda Australia.

Umutoza wa Chili, Jorge Sampaoli ashobora kwicaza Arturo Vidal wongeye gutonekara ku gitsi na Charles Aranguiz ufite ububabare mu ivi watsinze igitego cya kabiri bakina na Espagne, bombi kandi bafite amakarita y’umuhondo.

Kuva mu 1994, u Buholande ntiburatsindirwa mu matsinda, bwabonye amanota 9 mu bikombe bibiri biheruka
Nyuma y'imyaka 48, u Buholande bushobora gukina butarimo umukinnyi ufite izina rya "Van"

Birashoboka kuri uyu wa Mbere, u Buholande bwakwambara imyenda yabo isanzwe ya Orange kuko mu mikino ibiri ibanza bambaraga ubururu.

Van Persie yagize ati “ Nababonye bakina na Espagne, Chili ni ikipe nziza cyane, biraza kuba bikomeye no kunganya nabo.”

Ibitangazamakuru byo mu Buhoalndi byanditse ko ari ubwa mbere kuva mu 1966 ubwo bakinaga umukino wa gicuti n’u Bushinwa, mu kibuga hajyamo ikipe idafite umukinnyi ufite izina “Van” imikino 221 irashize.

U Buholandi butsinze Chili, yaba ari inshuro ya kabiri mu bikombe bibiri bikurikirana babona amanota 9 yose y’imikino yo mu matsinda. Ntibaratsindirwa mu matsinda kuva mu 1994.

Chili ntiratsinda imikino itatu ikurikirana umu gikombe cy’Isi.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa Mbere

Australia vs Espagne saa 18.00 @ Arena da Baixada

Cameroun vs Brazli saa 22.00 @ Estádio Nacional Mané Garrincha

Croatia vs Mexique saa 22.00 @ Arena Pernambuco

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages