Ubwo Rayon Sports yari imaze kunyagira SEC ibitego 6-0 mu gikombe cy’amahoro, Ndayisenga wari umaze imyaka ine muri Rayon Sports yatangaje ko igihe kigeze ngo ahindure shampiyona avuga ko yaganiriye na Sofapaka yo muri Kenya.
Yagize ati “ Amakuru niyo twaravuganye na Sofapaka ntegereje ko ngera muri Kenya tugasinya amasezerano, twamaze kumvikana.”
Ndayisenga Fuad wongereye indi myaka ibiri mu 2013 bivugwa ko agiye kujya muri Kiyovu Sports yahakanye ko avuye muri Rayon Sports kubera amafaranga, ko ashaka kugerageza andi mahirwe mu mikinire ye.
Ati” Iki nicyo gihe cyo gusohoka muri shampiyona y’u Rwanda mazemo imyaka umunani nkahindura, nkareba ahazaza h’umupira wanjye.”
Kuba Ndayisenga Fuad afite amasezerano na Rayon Sports azarangira tariki ya 4 Nyakanga 2015 azakina imikino y’igikombe cy’amahoro, agomba kugera muri Kenya mbere ya tariki ya 27 Nyakanga kuko aribwo isoko ryo kugura abakinnyi rizafungwa.
Kujya muri Kenya, Ndayisenga yabifashijwemo n’umuntu waho ugurisha abakinnyi wamuhuje n’umuyobozi wa Sofapaka, avuga ko amakipe yo muri iki gihugu yifuza abakinnyi bo mu Rwanda kubera abari gukinayo kandi neza.
Mbere yo kujya muri Kenya, Ndayisenga yabwiye abafana ba Rayon Sports ko kuyivamo bitabaye uburangare bw’ubuyobozi. Ati “Sinaganiriye nabo kuko nafashe icyemezo cyo gusohokamo mbere, abafana ba Rayon Sports ntibazarenganye komite yabo.”
Ndayisenga agiye muri Sofapaka abisikana na mugenzi we w’Umurundi Fiston Abdul Razaka uherutse gusinya imyaka ibiri muri Mamelodi Sundowns muri Afurika y’Epfo.
Ndayisenga Fuad yaje mu Rwanda abanza gukinira APR FC, Kiyovu Sports na Rayon Sports avuga ko yanyuzwe n’uko mu makipe yacagamo bafana bakundaga uko akora akazi. Avuye muri Rayon Sports amaze kurongora Salma Hamyar.



















TANGA IGITEKEREZO