00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya yambuwe uburenganzira bwo kwakira CHAN ya 2018

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 24 September 2017 saa 10:35
Yasuwe :

Kenya yambuwe uburenganzira bwo kuzakira igikombe cya Afurika cy’amakipe y’ibihugu ku bakinnyi bakina imbere muri Shampiyona mu gihe byitezwe ko kigomba kuba muri Mutarama umwaka utaha.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo hafashwe umwanzuro naa Komite ishinzwe gutegura iyi mikino mu nama yabereye i Accra muri Ghana.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika ryagaragaje impungenge z’umutekano muri Kenya nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rusheshe ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye ku wa 08 Kanama 2017.

Izindi mpungenge zishingiye ku kuba imirimo yo gusana Stade zizakira iki gikombe iri kugenda buhoro cyane. Abashinzwe umupira w’amaguru muri Kenya bo bavuga ko bari barakoze akazi kabo.

Iyi ni inshuro ya kabiri Kenya yambuwe uburenganzira bwo kwakira irushanwa yari yarahawe nyuma yaho mu 1996 yambuwe igikombe cya Afurika cy’amakipe y’ibihugu kigahabwa Afurika y’Epfo.

Maroc, Ethiopia na Côte d’Ivoire nibyo bihugu byagaragaje ko bishaka kongera kwakira iri rushanwa gusa Umuyobozi Mukuru wa CAF, Ahmad Ahmad na Komite Nyobozi bafunguriye amarembo n’ibindi bihugu bishaka kwakira iri rushanwa kugira ngo bitange ubusabe bwabyo mu gihe kitarenze iminsi icumi.

Ibihugu 15 bizitabira iri rushanwa byamaze kumenyekana birimo Congo, Libya, Maroc, Cameroon, Nigeria, Zambia, Uganda, Angola, Guinea Equatorial, Mauritania, Sudan, Côte d’Ivoire, Burkina Faso, Guinea na Namibia. Hakaba hasigaye igihugu kimwe kizafata umwanya Kenya yari ifite.

Iri rushanwa rizaba ku wa 11 Mutarama kugeza ku wa 2 Gashyantare umwaka utaha. Ni mu gihe iriheruka ryari ryabereye i Kigali mu ntangiriro za 2016 rikegukanwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages