Neymar yongeye kugaragara mu mukino ukomeye w’irushanwa rihuza amakipe akomeye muri Asia, wari wahuje ikipe ye na Al Ain FC yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu wabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 21 Ukwakira 2024.
Uyu mukinnyi w’imyaka 32, ni umwe mu batunguranye mu 2023 ubwo yavaga muri Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa yerekeza muri Al-Hilal y’Ikigo cy’Ishoramari muri Arabie Saoudite (Public Investment Fund- PIF), cyamutanzeho miliyoni 78£.
Icyo gihe yahise akina imikino itanu yonyine, mu gihe yari yitabiriye imikino y’Ikipe y’Igihugu ya Brésil, ahita agira imvune yatumye amara hanze iminsi 369.
Mu mukino we wa gatandatu ntiyabanje mu kibuga kuko yasimbuye ku munota wa 77, ndetse ikipe ye ibona amanota atatu ku bitego 5-4 nubwo nta na kimwe cye kirimo.
Ni umukino wari witabiriwe n’ababyeyi be, umukunzi we Bruna Biancardi n’umukobwa wabo Mavie.
Amasezerano ye n’iyi kipe ateganyijwe kurangira mu mwaka utaha w’imikino, ariko nk’uko yabiciyeho amarenga mu mwaka ushize, ashobora kuyongera kuko yavuze ko acyifuza gukomeza gukina umupira w’amaguru.
The Brazilian Legend is back 🔙
𝐍𝐉🔟💙 @neymarjr pic.twitter.com/4IX5WRvNMW— AlHilal Saudi Club (@Alhilal_EN) October 21, 2024



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!