Uyu mukinnyi yerekeje mu Ikipe ya Polisi y’Igihugu nyuma y’iminsi myinshi y’ibiganiro byabanje kugorana ariko kuri uyu wa Gatandatu, tariki 29 Kamena 2024 amakipe yombi yageze aho ahuriza.
Uyu Murundi usatira aca mu mpande ni umwe mu bakinnyi bigaragaje cyane muri shampiyona ishize cyane ko yatsinze ibitego umunani.
Police FC ikomeje kwiyubaka cyane mu rwego rwo kwitegura neza kuzaserukira igihugu mu Mikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup. Kirongozi yiyongereye ku bandi bakinnyi iyi kipe yaguze nka Ishimwe Christian, Ani Elijah, Joackiam Ojera na Issah Yakubu.
Ku wa Mbere, tariki 1 Nyakanga 2024, Police FC izakina na APR FC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Stade Amahoro nshya.
Police FC yaguze Kirongozi Richard wari umaze umwaka muri Kiyovu Sports.
Uyu Murundi usatira aca mu mpande yasinye amasezerano y’imyaka ibiri kuri miliyoni 45 Frw. pic.twitter.com/5C0LWzdm3M
— IGIHE Sports (@IGIHESports) June 29, 2024



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!