Aba bakinnyi ni Abanya-Sudani babiri Jonh Mano na Sharaf Eldin Shiboub Ali Abdel-Rahman basinyiye Urucaca tariki Tariki 10 Kamena 2022 aho bari kuyifasha muri Shampiyona ya 2022-23. Gusa ntibayikiniye kuko batinze gutanga ibyangombwa bari batumwe n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sports batandukana batayikiniye.
Undi ni Umunye-Congo, Pinoki Vuvu Patshelli, wasinyishijwe mu 2021; uyu yari gufasha Kiyovu Sports mu gushaka ibitego ariko na we batandukanye atagaragaye mu kibuga ari kumwe n’iyi Kipe y’i Nyamirambo.
Aba bose bareze Kiyovu Sports muri FIFA ndetse barayitsinda itegekwa kwishyura miliyoni 81 Frw nubwo mbere yari yatangaje ko nta makosa yakoze mu kubarekura.
Ikipe ya Kiyovu Sports yakuriweho ibihano byo kutandikisha abakinnyi yari yafatiwe na FIFA kubera abo yatandukanye na bo binyuranye n'amategeko. pic.twitter.com/F4bJ09UH43
— IGIHE Sports (@IGIHESports) August 17, 2023
Ku wa Gatatu, tariki 17 Kanama 2023, IGIHE yatangaje ko Kiyovu Sports yamaze kwishyura Abanya-Sudani babiri Shaiboub na Mano ariko Umunye-Congo, Vuvu Patshelli arabura mbere y’uko aboneka mu masaha y’ijoro ry’uwo munsi.
Ku wa Gatanu, tariki 11 Kanama 2023, ni bwo Kiyovu Sports yatangiye inzira yo kwishyura aba bakinnyi, yohereza amafaranga kuri konti zabo na bo bamenyesha FIFA ko bayabonye hanyuma yandikira Urucaca ubutumwa ko rukuriweho ibihano rwari rwahawe rugatangira kwandikisha abakinnyi.
Kiyovu Sports yishyuye aba bakinnyi batatu miliyoni 81 Frw harimo miliyoni 54 Frw kuri Shaiboub Ali, kuri ubu ukinira APR FC; Jonh John Otenyal Khamis Roba wahawe miliyoni 16 Frw na Rutahizamu Vouvou Patshelli wohererejwe miliyoni 6 Frw; aya mafaranga yiyongeraho asaga miliyoni 4 Frw z’impozamarira bahawe.
Iyi kipe yo ku Mumena igitegereje abandi bakinnyi batatu bashya yamaze gusinyisha Niyonzima Olivier ‘Seif’ wari usoje amasezerano muri AS Kigali, Gakuru Matata yakuye muri Rutsiro FC, Myugariro Kazindu Guy Brian wavuye muri Gasogi United.
Hari kandi Rutahizamu w’Umunye-Congo, Jérémie Basilua; Umunya-Angola utaha izamu, Fofo Cabungula; Rutahizamu w’Umunya-Liberia, Obediah Freeman; Umurundi Richard Bazombwa Kirongozi n’Abagande batatu, Kalumba Bryan, Mulumba Suleiman n’Umunyezamu Emmanuel Kalyowa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!