00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kiyovu Sports yatsinze Al Hilal SC yinjira mu makipe ane ya mbere (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 18 December 2025 saa 10:14
Yasuwe :

Ibitego bya Mutunzi Darcy na Uwineza René byafashije Kiyovu Sports gutsinda Al Hilal SC ibitego 2-1, mu mukino usoza iy’Umunsi wa 11 wa Shampiyona.

Iyi kipe yo muri Sudani yagiye muri uyu mukino iheruka gutsindwa na Rutsiro FC ibitego 2-1, mu gihe Urucaca narwo rwari rwatsinzwe na Marine.

Ni umukino watangiye wihuta cyane Al Hilal SC isatira bikomeye ishaka igitego.

Ntabwo cyatinze kuboneka kuko ku munota wa 16, Ousmane Diouf yafunguye amazamu ku gitego yatsinze ku mupira wavuye muri koruneri agakina n’umutwe.

Iyi kipe yo muri Sudani yakomeje gukina neza cyane ariko abarimo Adama Coulibali na Kabore Abdel bagahusha ibitego byinshi.

Igice cya mbere cyagoye Kiyovu Sports cyarangiye Al Hilal iyoboye umukino n’igitego 1-0.

Urucaca rwatangiranye igice cya kabiri impinduka, Niyo David na Bukuru Christopher basimbura Nsanzimfura Keddy na Mugisha Rama Joseph.

Myugariro wa Al Hilal SC, Lusolo Ernest yasubije inyuma umupira ashaka kuwuha umunyezamu Mohamed Madani, Mutunzi Darcy arawumutanga yishyura igitego ku munota wa 63.

Mu minota 75, umukino washyushye amakipe asatirana ari nako ahushanya ibitego.

Ku munota wa 79, Uwineza Rene yarebye umunyezamu Mohamed Madani ko ahagaze nabi atera umupira muremure atsinda igitego cya kabiri cyiza cyane.

Iminota ya nyuma yaranzwe n’amahane menshi yarimo amakosa menshi cyane.

Umukino warangiye Kiyovu Sports yatsinze Al Hilal SC ibitego 2-1 ifata umwanya wa kane n’amanota 19, Al Hilal iba iya 16 n’amanota 10.

Umukino wabanjirije iy’Umunsi wa 12 wa Shampiyona, Gicumbi FC yatsinze Marine FC igitego 1-0.

Ku wa Gatanu Shampiyona izakomeza, aho AS Kigali izakira Bugesera FC saa Cyenda, mu gihe Gorilla FC izakina na Rayon Sports saa 18:30, imikino yombi izabera kuri Kigali Pelé Stadium.

Abakinnyi Kiyovu Sports yabanje mu kibuga
Abakinnyi Al Hilal SC yabanje mu kibuga
Mutunzi Darcy ahanganiye umupira
Mugisha Joseph ahanganye na Adama Coulibali
Abakinnyi ba Al Hilal bishimira igitego cya mbere
Al Hilal yatangiye umukino neza
Wari umukino urimo ishyaka ryinshi
Abakinnyi ba Kiyovu bishimira igitego cya kabiri
Baba wahoze ari Team Manager wa Kiyovu yanyuzagamo agahaguruka
Mudaherwana Yusuf uyobora Rwanda Premier League akurikiye umukino
Umunyezamu wa Kiyovu James Desire yabaye umukinnyi w'umukino
Abakinnyi ba Kiyovu bashimira abafana nyuma y'umukino
Akanyamuneza kari kose nyuma y'umukino
Ibyishimo byari byose nyuma yo gutsinda Al Hilal
Al Hilal yatsinzwe umukino wa kabiri wikurikiranya
Abakinnyi ba Kiyovu bishimira intsinzi
Nyuma y'umukino abakinnyi ba Al Hilal bakoze inama nto

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages