00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kiyovu Sports yatsinze Musanze FC, ishimangira ko ifite gahunda yo gutwara Shampiyona

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 5 March 2022 saa 11:34
Yasuwe :

Kiyovu Sports yatsindiye Musanze FC iwayo ibitego 2-1 kuri uyu wa Gatandatu, ikomeza gukubana na APR FC zinganya amanota 44 ku rutonde rwa Shampiyona.

Muri uyu mukino wabereye kuri Stade Ubworoherane, amakipe yombi yakinanaga imbaraga nyinshi mu minota ya mbere.

Kiyovu Sports yafunguye amazamu hakiri kare, ku munota wa gatandatu, ku ishoti rikomeye ryatewe na Mugenzi Bienvenue ukomeje gufasha cyane iyi kipe y’Urucaca.

Byasabye Musanze FC gutegereza umunota wa 28, yishyurirwa n’Umunya-Kenya Namanda Linke Wafura watsinze igitego cyahagurukije abafana batari bake bari kuri Stade Ubworoherane.

Habura umunota umwe gusa ngo amakipe yombi ajye kuruhuka, Kiyovu Sports yasatiriye cyane Musanze FC mu rubuga rw’amahina, Nshimiyimana Amran atega Emmanuel Okwi byatumye umusifuzi Ruzindana Nsoro atanga penaliti yinjijwe neza na Bigirimana Abed.

Mu gice cya kabiri, amakipe yombi yavuye mu rwambariro ubona ko afite gahunda yo kongera ibitego, ariko nta yongeye kureba mu izamu ry’indi.

Gutsinda uyu mukino byatumye Kiyovu Sports igira amanota 44 inganya na APR FC ya mbere. Ikipe y’Ingabo izigamye ibitego 18 mu gihe Urucaca ruzigamye 15.

Musanze FC yagumye ku mwanya wa gatandatu n’amanota 31.

Abakinnyi ba Kiyovu Sports bishimira intsinzi bakuye kuri Stade Ubworoherane
Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Kiyovu Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages