Uyu mukino w’umunsi wa 30 wa Shampiyona wabaye ku wa Gatandatu, tariki 11 Gicurasi 2024 kuri Kigali Pelé Stadium.
Ni umukino wahuriranye n’isabukuru y’imyaka 60 Urucaca rumaze rubonye ubuzima gatozi. Watangiye utuje cyane amakipe yombi yigana bikomeye byatumaga utaryoha.
Mu minota 30, Rayon Sports yatangiye kugera imbere y’izamu rya Nzeyurwanda Djihad ari nako Charles Bbaale yahushaga uburyo bwinshi bw’ibitego.
Ku munota wa 36, Iraguha Hadji yazamukanye umupira yihuta mu kibuga hagati ashaka gutungura umunyezamu atera ishoti rikomeye cyane, ku bw’amahirwe make umupira ukubita igiti cy’izamu uvamo.
Igice cya Mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Gikundiro yakomeje gusatira bikomeye no mu gice cya kabiri gusa imipira myinshi yahindurwaga imbere y’izamu na Muhire Kevin na Bugingo Hakim yaburaga uyisunikira mu izamu.
Mu minota 70, abatoza bombi batangiye gukora impinduka ariko n’ubundi umukino wongeye uratuza ukinirwa cyane mu kibuga hagati.
Mugenzi Cedrick yazamukanye umupira ku ruhande rw’iburyo, awucomekera Kirongozi Richard awuhindura imbere y’izamu usanga Alfred Leku ahagaze wenyine akina n’umutwe atsinda igitego cya mbere ku munota wa 78.
Mu minota 85, Gikundiro yasatiriye bikomeye ishaka igitego cyo kwishyura ariko ab’inyuma ba Kiyovu bakayibera ibamba.
Iminota itanu y’inyongera yashyizweho ntacyahindutse, umukino warangiye Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports igitego 1-0 yizihiza isabukuru y’imyaka 60 mu munyenga.
Ni mu gihe kandi Urucaca rwasoje shampiyona ku mwanya wa gatandatu n’amanota 44, Gikundiro iba iya kabiri na 57.
Amafoto: Ingabire Nicole



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!