Ni umukino watangiye utuje ugenda gake amakipe yombi yigana bityo n’uburyo bw’ibitego bukaba buke.
Ku munota wa 30, Ssentongo Farouk yazamutse yihuta cyane asigarana n’umunyezamu James Bieuvenue Desire amuteye umupira awukuramo.
Kiyovu Sports yatangiye kugerageza amashoti ya kure binyuze kuri Nsanzimfura Keddy ariko iyo yateraga yajyaga hejuru y’izamu.
Igice cya mbere kitabonetsemo uburyo bwinshi, cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Kiyovu Sports yatangiranye igice cya kabiri impinduka, Mutsinzi Darcy asimburwa na Uwineza Rene.
Mu minota 60, amakipe yombi yasatiranaga bikomeye ari nako abanyezamu ku mpande zombi bakoraga akazi gakomeye.
Ku munota wa 65, Daniel Barnabas, yazamukanye umupira yihuta atera ishoti rikomeye umupira uca hanze gato y’izamu.
Ku munota wa 75, Uwineza yahinduye umupira mwiza imbere y’izamu, Sharif Bayo akina n’umutwe umupira uca hanze gato y’izamu.
Ku munota wa 85, Nkundimana Aviti yakiniye nabi Sadick Sulley ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo biba umutuku asohoka mu kibuga.
Nyuma y’iminota ibiri gusa, Bahunga Mwisha Joel yakoze ikosa risa nkiryaherukaga akinira nabi rutahizamu wa Kiyovu, ahabwa ikarita ya kabiri y’umuhondo biba umutuku asohorwa mu kibuga.
Muri iyi minota umukino wihutaga cyane, Urucaca rusatira ariko abakinnyi b’inyuma ba Bugesera bakabyitwaramo neza.
Umukino warangiye Kiyovu Sports yanganyije na Bugesera FC ubusa ku busa.
Urucaca rwafashe umwanya wa karindwi n’amanota 10, mu gihe Bugesera FC yageze ku wa 11 n’amanota arindwi.
Muri rusange, Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona wasize Police FC ikomeje kwicara ku mwanya wa mbere n’amanota 17 ikurikiwe na Rayon Sports ifite 13, Gasogi United ya gatatu ifite 12 inganya na Musanze FC ya kane.
APR FC ifite ibirarane bibiri iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 11, Gorilla FC ya gatandatu ifite amanota 10.
Amafoto: Kasiro Claude



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!