Kuri uyu wa mbere tariki ya 18 Nyakanga nibwo Kakooza Nkuriza Charles [KNC], yemeje ko mu bakinnyi Gasogi Unied FC yahaye amasezerano, harimo Ishimwe Kevin uherutse
gutandukana n’ikipe ya Rayon Sport FC.
Umuyobozi wa Gasogi United FC, yavugiye kuri Radio 1, ko Ishimwe Kevin ari umukinnyi
utagira ikibazo na kimwe ucisha make ndetse unagira ikinyabupfura. Ni nyuma y’ibyakunze kuvugwa ko ari umukinnyi utagira imyitwarire myiza.
KNC yagize ati “Naje kubaza nagiye kureba imikino y’Agaciro Tournament, nari maze kureba ikipe ya Ishimwe Kevin imaze gutsindwa. Noneho mbaza abantu, nonese uyu muhungu hari umukinnyi umeze nkawe? Bati "oya".
Yakomeje agira ati "Nabaza nti ese Ishimwe Kevin anywa urumogi? Bati mu kuri kw’Imana isumba byose ni wa musiramu ryahamye. Bati ese anywa inzoga? Bati unamushatse ntiwamubona. Ni umuhungu ukunda imyitozo kurusha abantu bose. Ese ikinyabupfura gike bamuha kiva he?".
"Bati iyo abonye amasezerano nibwo abigira. Kuko iyo utinze kumwishyura ararakara. Umuntu
w’Imana yibanira n’umugore we.”
Muri iki kiganiro kandi Umuyobozi wa Gasogi United FC, yavuze ko iyi kipe iza kwerekana
umutoza mushya uzayitoza n’abandi bakinnyi bashya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!