00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwambara ipantaro ya so ntibikugira umugabo wa nyoko- KNC abwira Wasiri

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 August 2026 saa 10:38
Yasuwe :

Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles [KNC], yasubije umuvugizi w’abafana ba Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre ‘Wasiri’, wamushyize mu mwanya w’uwavigira abafana ba Gikundiro mu Rwanda gusa, KNC na we amusubiza ko “Kwambara ipantaro ya so, ntibikugira umugabo wa nyoko”.

Ku Cyumweru, tariki ya 16 Kanama 2026, ni bwo Rayon Sports yatsinze Mathare United yo muri Kenya ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti, uba umukino wa munani yikurikiranya itsinda.

Wasiri uhagarariye abafana ba Rayon Sports, yavuze ko ikipe ye yamaze kuba iyo ku rwego mpuzamahanga, ashaka undi uzajya uyivugira mu mikino yo mu Rwanda, kuko we azajya aba yajyanye n’ikipe hanze y’igihugu.

Yagaragaje ko KNC ari we wakora aka kazi neza, ashingiye ku bunararibonye afite mu itangazamakuru no kuvigira ikipe ye ya Gasogi United FC.

Ati “Umuvugizi wayo [Gasogi United] nabonye ari na we Perezida wayo, turacyatoranya ngo turebe ariko uwa Gasogi United FC nabonye ari sawa. Yaba Perezida wa hariya akaba n’umuvugizi wa Rayon Sports.”

“Ndeba abantu turi ku rwego rumwe. Niba uyu muntu wavugaga yaravugiraga Rayon Sports yarabaye umunyamakuru ku bitangazamakuru bitandukanye... Niba ngiye mu bintu mpuzamahanga nkeneye umuntu wegereye cyane ku buryo Wasiri nagenda, mba ntafite ikibazo kuko hari abandi basigaye. Avuga [KNC] neza Igifaransa n’Icyongereza.”

Abinyujije mu kiganiro gitambuka kuri Radio 1, KNC yasubije Wasiri, abanza kugaragaza ko amagambo yavuze ntaho ataniye n’ay’uwanyweye ibiyobyabwenge byaciwe ku isoko.

Ati “Buriya indirimbo baririmba mu kiriyo si zo baririmba mu gitaramo. Numvise hari n’umuvigizi wayo [Umuvugizi w’abafana ba Rayon Sports, Wasili] wiha ibintu, ndavuga nti ‘ese uyu nguyu?’. Ikibazo ashobora kuba ahishe izaciwe [Inzoga zahagaritswe]. Bavandimwe nimukomeze mwikirigite museke.”

“Bariya imikino yose baba bayiteguriye baratsinda n’ubundi. Nimwishimire ibyo murimo, ariko iyo wambaye ipantaro ya so, ntutekereza ko ushobora kumusimbura ukaba umugabo wa nyoko. Mwubahe! Hasigaye iminsi ingahe se, ko tuzabakanda utumyira tukamanuka.”

KNC yongeyeho ko Rayon Sports “imeze nka ‘slay queen’” kuko ikunda amafoto kurusha ibindi byose.

Nubwo Rwanda Premier League itarashyira hanze ingengabihe ya BK Pro League, ni ho biteganyijwe ko Rayon Sports izahurira na Gasogi United FC.

Perezida wa Gasogi United, KNC, yasubije Wasiri wamugize uwaba umuvugizi mwiza w'abafana ba Rayon Sports
Wasiri arifuza umuvugizi w'abafana ba Rayon Sports mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages