00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kylian Mbappé yateye umugongo Nike yari amazemo imyaka 20

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 September 2026 saa 04:18
Yasuwe :

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, yatangaje ko yahinduye uruganda rumukorera inkweto n’ibikoresho byihariye bya siporo, ava kuri Nike yari amaranye na yo imyaka 20, ajya kuri On.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 18 Nzeri 2026, ni bwo uyu mukinnyi wa Real Madrid, yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, atangariza abakunzi be ku hazaza h’uruganda ruzajya rumukorera inkweto.

Yagize ati “Kuva ku ntangiriro, icyanteye kwinjira muri On ni amahirwe yo kubakana umupira w’amaguru w’ejo hazaza. Ndashaka kuzana ubunararibonye n’uko mbona ibintu mu byo dukora, tugasunika tugana ku guhanga ibishya, kandi buri gihe tugateza imbere ibiryoshya umupira w’amaguru. Twahuje inzozi, kandi izi ni intangiriro.”

Yaba Mbappé cyangwa uru ruganda rwo mu Busuwisi, nta watangaje agaciro k’amasezerano bagiranye, gusa ikinyamakuru The Athletic cyatangaje ko uyu mukinnyi azaba ari umwe mu banyamigabane barwo.

Mu 2025, On yahaye akazi umunyabigwi mu mupira w’amaguru, Thierry Henry, nk’ushinzwe iterambere rya siporo, akaba ari we wagize uruhare mu kumvisha Mbappé ko akwiriye kuyinjiramo.

Mbappé uri hafi kuzuza imyaka 28, yatangiye kwambara inkweto no kwamamaza ibikoresho bya Nike agifite imyaka umunani, gusa mu byumweru bike arahabwa inkweto ya On. Mu ntangiriro za 2027, ni bwo azakorerwe inkweto yihariye.

Uru ruganda rukora imyambaro ya siporo rumenyerewe mu gukora iz’abasiganwa n’amaguru na Tennis, nyuma y’uko umunyabigwi, Roger Federer, abaye umunyamigabane muri rwo kuva mu 2019.

Kylian Mbappé wateye umugongo Nike, yerekeje amaso ku ruganda rwa On
Thierry Henry ni we wumvishije Kylian Mbappé kujya muri On
Kylian Mbappé yamamariza uruganda rwa Nike

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages