Ni inkuru yatangajwe n’Ikinyamakuru El Financiero cyo muri Argentine, kivuga ko hari ibiganiro byo gushyira uyu rutahizamu w’amateka ku inoti ya 1000, aho uruhande rumwe rushobora kujyaho isura ya Messi, urundi rugashyirwaho ifoto y’ikipe yose iteruye igikombe.
Si ubwa mbere umuntu yaba ashyizwe ku mafaranga muri iki gihugu kuko mu 1978 hakozwe ibiceri byo kwibuka ibyo bigwig ubwo Argentine yegukanaga Igikombe cy’Isi bwa mbere ndetse byongeye kubaho ubwo hakorwaga ibiceri byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’urupfu rwa Eva Perón wahoze ari madamu wa Perezida Juan Domingo Perón witabye Imana.
Kuva mu 2018, Lionel Scaloni yagirwa Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Argentine, imaze gutwara Copa America itsinze Brésil, Finalissima yegukanye itsinze u Butaliyani n’Igikombe cy’Isi yatwaye mu cyumweru gishize itsinze u Bufaransa.
Kugeza ubu Lionel Messi afatwa nk’umukinnyi wa mbere mwiza, Argentine yagize kuko batwaranye umudali wa zahabu mu Mikino Olempike, Copa America n’Igikombe cy’Isi. Mu mikino 172 yakinnye yatsinze ibitego 98.
– Lionel Messi yemeye kongera amasezerano muri Paris Saint Germain
Hashize igihe kigera ku mezi ane, uruhande rureberera inyungu za Lionel Messi ruganira n’ubuyozozi bwa Paris Saint Germain yo mu Bufaransa ku kuba uyu mugabo w’imyaka 35 yakongera amasezerano, gusa kumvikana byamaze gushyirwaho akadomo hasigaye kubishyiraho umukono.
Lionel Messi akigera muri Paris Saint Germain mu 2021, yahawe amasezerano y’imyaka ibiri isigaje amezi atandatu ngo agere ku musozo.
Mu masezerano mashya hakubiyemo ko uyu mugabo ufite Ballon d’Or zirindwi, yazagumana n’iyi kipe kugera mu 2024. Mu busanzwe amasezerano ye yari kuzarangira mu mpeshyi ya 2023, ariko yongereweho umwaka umwe.
Ni amasezerano yafashe igihe kirekire kuko iyi kipe yo mu Murwa Mukuru w’u Bufaransa, Paris, yatangiye kumuganiriza mu mpera za Kamena 2022. Gusa iby’ingenzi byaganiriweweho mbere y’uko Ukuboza gutangira.
Abajyanama ba Lionel Messi barimo na se Jorge Messi bagiye mu biganiro n’Umujyanama wa Paris Saint Germain, Luis Campos, wari kumwe na Perezida wa PSG, Nasser Al-Khelaifi baganira ku nyungu z’umukinnyi wabo.
Mbere yo kongera amasezerano Messi yavugwaga mu makipe atandukanye harimo gusubira muri FC Barcelone yavuyemo kubera ikibazo cy’amikoro, cyangwa kujya muri Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika iyoborwa na David Beckham.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!