00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibivugwa ku isoko ry’abakinnyi: Ssebwato na Police FC mu biganiro, APR FC na Rayon Sports ku gitutu cyo kwiyubaka n’ibindi!

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 June 2025 saa 10:18
Yasuwe :

Amakipe menshi yo mu Rwanda no hanze yarwo akomeje kwiyubaka muri iyi mpeshyi aho ashaka abakinnyi n’abatoza azakoresha mu mwaka w’imikino utaha wa 2025/26: Kurikira ibigezweho biri kuvugwa mu makipe atandukanye.

18:30: Ssebwato Nicholas mu biganiro na Police FC

Umunyezamu w’Umunya-Uganda, Ssebwato Nicholas, usoje amasezerano muri Mukura VS akomeje ibiganiro na Rayon Sports na Police FC.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko Police FC ari yo iri gushyira imbaraga nyinshi mu biganiro kugira ngo uyu munyezamu azasimbure Rukundo Onésime na we wasoje amasezerano.

Ssebwato Nicolas arifuzwa na Rayon Sports na Police FC

13:20: APR FC iteganya kugura abakinnyi barindwi bashya

Amakuru IGIHE yamenye ni uko muri iyi mpeshyi, APR FC ishobora kugura abakinnyi barindwi barimo umunyezamu, myugariro w’iburyo, myugariro w’ibumoso, umukinnyi wo hagati wugarira n’ukina inyuma ya ba rutahizamu, umukinnyi usatira izamu anyuze ibumoso na rutahizamu.

Birashoboka kandi ko hakwiyongeramo undi mukinnyi wo hagati mu bwugarizi kuko kugeza ubu ifite Niyigena Clément bivugwa ko ashobora kujya hanze, Nshimiyimana Yunussu na Aliou Souané.

Pavelh Ndzila, Taddeo Lwanga, Victor Mbaoma, Niyibizi Ramadhan na Kwitonda Alain ’Bacca’ basoje amasezerano. Ni mu gihe iyi kipe ivuga ko abarimo Ruboneka Bosco, Mugisha Gilbert na Niyomugabo Claude batarasoza.

12:20: APR FC na Rayon Sports zishobora gutangira amarushanwa Nyafurika hakiri kare

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ntiratangaza ingengabihe y’amarushanwa yayo y’umwaka w’imikino wa 2025/26 ariko hari amakuru avuga ko azatangira kare ugereranyije n’uko byagenze mu mwaka ushize.

Biteganyijwe ko ijonjora rya mbere rizakinwa tariki ya 8-10 n’iya 15-17 Kanama mu gihe irya kabiri rizakinwa tariki 19-21 na 26-28 Nzeri 2025.

Imikino y’amatsinda iteganyijwe hagati ya tariki ya 26 Ukwakira n’iya 7 Ukuboza kugira ngo haboneke umwanya wo gukina Igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc.

11:30: Sunrise FC yatandukanye n’Umutoza Jackson Mayanja

Ikipe ya Sunrise FC yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri mu 2024, yatandukanye n’Umutoza w’Umunya-Uganda, Jackson Mayanja, wari uyimazemo imyaka ibiri.

Mayanja yagizwe Umutoza wa Sunrise FC mu Ugushyingo 2023 ubwo iyi kipe yari mu Cyiciro cya Mbere, yongererwa amasezerano y’imyaka ibiri taliki ya 15 Gashyantare 2024.

Iyi kipe ibarizwa mu Karere ka Nyagatare ntiyazamutse mu Cyiciro cya Mbere muri uyu mwaka nyuma yo kuba iya gatatu mu Itsinda B inyuma ya Gicumbi FC na AS Muhanga, bityo ntiyabona amahirwe yo gukina "Play-offs".

Jackson Mayanja yatandukanye na Sunrise FC yatozaga kuva mu 2023

11:00: Rayon Sports yamaze gusinyisha abakinnyi bane

Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports waganiriye na IGIHE, yavuze ko kugeza ubu iyi kipe ifite abakinnyi bane bashya barimo Mosengo Tansele.

Abajijwe niba mu bandi harimo myugariro w’Umurundi, Musore Prince na Bigirimana Abedi usoje amasezerano muri Police FC, uyu muyobozi yanze kubyemeza cyangwa ngo abihakane.

Ati "Wowe tegereza uraza kubibona. Gusa turashaka kubaka ikipe vuba kuko tuzatanga abakinnyi muri CAF."

Bigirimana Abedi usoje amasezerano muri Police FC, ari mu bakinnyi bavugwa muri Rayon Sports

10:25: Ni nde uzatoza APR FC?

APR FC izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League, nta mutoza ifite nyuma yo gutandukana n’Umunya-Serbie, Darko Nović.

Iyi kipe yatojwe na Mugisha Ndoli mu mikino itatu ya nyuma ya Shampiyona, ikomeje gushaka umutoza mushya n’abo bazakorana.

Hari amakuru amaze iminsi avugwa ko mu bo yaganiriye na bo harimo Umunya-Portugal, Miguel Cardosona, watoje amakipe arimo Espérance Sportive de Tunis.

Hari kandi Umunya-Tunisia, Nabil Maâloul, uheruka muri USM Alger yo muri Algérie.

Amakuru ava mu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu avuga ko nta n’umwe muri aba batoza bombi uzayitoza ndetse iteganya gutangaza umutoza mushya mu cyumweru gitaha.

Nabil Maâloul ari mu batoza bavugwa muri APR FC

09:50: Muhire Kevin azakinira iyi kipe?

Muhire Kevin wari Kapiteni wa Rayon Sports nta kipe afite nyuma yo gusoza amasezerano.

Kuri ubu uyu mukinnyi ari mu Ikipe y’Igihugu muri Algérie.

Hari amakuru amaze iminsi amwerekeza muri APR FC, ariko ubuyobozi bwayo bwabwiye IGIHE ko butigeze bumwifuza.

Ku rundi ruhande, Muhire Kevin yavuze ko nk’umukinnyi w’umunyamwuga, yiteguye kuba yakinira iyi kipe y’Ingabo mu gihe yaba imwifuje.

Rayon Sports ntigifite Muhire Kevin muri gahunda zayo kuko imushinja gutanga umusaruro muke mu mikino ya nyuma y’umwaka w’imikino wa 2024/25 ndetse bamwe mu bo muri iyi kipe bavuga ko aramutse agiye muri APR FC byashimangira ko yagambaniye Gikundiro.

Kevin ufite amakipe yo hanze amwifuza, ariko we atatangaje, hakavugwa ayo muri Tanzania na El-Merreikh yo muri Sudani, yabwiye inshuti ze ko azatangaza aho azakina nagera mu Rwanda avuye mu Ikipe y’Igihugu.

Muhire Kevin amaze iminsi avugwa muri APR FC nyuma yo gusoza amasezerano muri Rayon Sports

09:30: Rayon Sports yamaze kumvikana na Mosengo Tansele

Umunye-Congo Mosengo Tansele uheruka gutandukana na Kiyovu Sports yari abereye Kapiteni ku bwumvikane, azakinira Rayon Sports mu mwaka w’imikino utaha.

Amakuru avuga ko uyu mukinnyi yamaze gusinyira Rayon Sports imyaka ibiri ariko bamwe mu bayobozi b’iyi kipe birinze kubivaho.

Radio 10 yatangaje ko Mosengo yashyize umukono ku masezerano ku wa Kane.

Mosengo Tansele ashobora gutangazwa nk'umukinnyi mushya wa Rayon Sports

09:00: Igitondo cyiza!

Mu gihe hashize iminsi icyenda ya Shampiyona ya 2024/25 ishyizweho akadomo, amakipe yose azakina Icyiciro cya Mbere mu Rwanda mu mwaka w’imikino utaha ari kurambagiza abakinnyi bashya azakoresha.

Kuri uyu wa Gatanu tugiye kurebera hamwe amwe mu makuru akomeye agezweho mu igura n’igurisha ry’abakinnyi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages