Uyu mwaka, abana b’ingagi 22 ni bo bazitwa amazina, muri iki gikorwa ngarukamwaka kizaba ku nshuro ya 21.
Sakho w’imyaka 36, ni umwe mu bantu 22 bahawe inshingano zo kwita amazina aba bana b’ingagi, aho azaba ari kumwe n’abandi barimo Patrice Evra uri mu Rwanda.
Uyu Munya-Mali ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa yamenyekanye cyane mu mupira w’amaguru, aho yakiniye amakipe akomeye arimo Paris Saint-Germain, Liverpool na Crystal Palace mu Bwongereza.
Mamadou Sakho yatangiye gukinira ikipe nkuru ya Paris Saint-Germain mu 2007, mbere yo kujya muri Liverpool mu 2013.
Yayimazemo imyaka ine, akomereza muri Crystal Palace yakiniye kugeza mu 2021 mbere yo kujya muri Montpellier yakiniye imyaka ibiri mbere yo gusoreza muri FC Torpedo Kutaisi mu 2025.
Mu Ikipe y’Igihugu, Sakho yakiniye u Bufaransa imikino 29, ndetse yari mu bakinnyi bahagarariye iki gihugu mu Gikombe cy’Isi cya 2014 cyabereye muri Brésil.
Uretse umwuga we muri ruhago, Sakho yagiye akora ibikorwa bitandukanye byo gufasha no gushyigikira ibikorwa bigamije mibereho myiza ku batuye mu bice binyuranye by’Isi.
Kugeza ubu abana b’ingagi 438 ni bo biswe amazina kuva mu 2005.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!