00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Manishimwe Djabel wa APR FC yatijwe muri Kiyovu Sports! Ibya Arabie Saudite byajemo kidobya

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 8 August 2023 saa 08:26
Yasuwe :

Umukinnyi Manishimwe Djabel, wari Kapiteni wa APR FC, yatijwe umwaka umwe muri Kiyovu Sports nyuma y’uko haje kidobya muri gahunda yo kwerekeza muri Al Shabab FC yo muri Arabie Saoudite yamwifuzaga.

Amakuru IGIHE ikesha B&B FM-Umwezi yemeza ko Manishimwe Djabel watijwe umwaka umwe na APR FC muri Kiyovu Sports, yasabwe na Al Shabab FC yari kwerekezamo gushaka ikipe yabonamo umwanya wo gukina nyuma y’uko umwaka ushize atabonye imikino ihagije muri APR FC.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko Manishimwe Djabel usigaje imyaka ibiri ku masezerano ye muri APR FC kuri uyu wa Kabiri, tariki 8 Kanama 2023, yari kumwe n’Ikipe ya Kiyovu Sports yakoze imyitozo.

Nyuma y’umukino w’Umunsi wa 24 wa Shampiyona APR FC yatsinzwemo na Police FC ibitego 2-1 tariki 22 Mata 2023, ubwo yari abajijwe niba nta gitutu abakinnyi bafite nyuma yo kubwirwa na Chairman w’iyi kipe [akiri Gen Mubarakh Miuganga] ko abatitwara neza bazasezererwa, Manishimwe Djabel yavuze ko ntacyo ndetse nta n’impungenge bafite.

Yagize ati “Nta mpungenge z’ahazaza dufite, nta n’igitutu biri kudushyiraho. Icyo twifuza, nka twe n’ubuyobozi, ni ukwitwara neza. Iyo bidakunze nanone, nta na kimwe twarenzaho. Iyo utakoze ibyo ushoboye gukora byose, aho ngaho urigaya.”

Yakomeje ati “Ariko iyo watanze ibyo ufite, ntabwo ushobora gutinya ahazaza. Iyo bitagenze neza ntugere ku byo bagutumye, nyine barahindura bagashaka abandi bashobora kubibagezaho. Nta kibazo kiba kirimo, ni ko ubuzima buhora, atari mu mupira w’amaguru gusa, ahubwo no mu buzima busanzwe.”

Djabel utaragize ibihe byiza umwaka ushize w’imikino nyuma yo kubura umwanya uhagije wo gukina muri APR FC, wabanjirijwe no kutumvikana n’Umutoza wayitozaga Mohammed Adil Erradi, byakurikiwe no gutandukana nayo k’uyu Munya-Maroc; ikipe isigarana n’uwari umwungiriza we Umunya-Tunisia, Ben Moussa na we utarahaye umwanya uyu mugabo w’imyaka 25 nubwo yakomeje kuba Kapiteni w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu.

Ben Moussa yagiriye icyizere abakinnyi bo hagati mu kibuga mu mwanya wa Manishimwe Djabel nka Mugisha Bonheur, Ruboneka Jean Bosco bagiye basimburwa na Kwitonda Alain ‘Bacca’, Ishimwe Anicet ndetse na Itangishaka Blaise na Ishimwe Fiston bakinnye imikino micye.

Manishimwe Djabel usanzwe akinira Ikipe y’Igihugu Amavubi yazamukiye mu Ishuri ry’Umupira w’Amaguru rya Isonga FC yavuyemo mu 2014 akomereza muri Rayon Sports yamazemo imyaka itanu yerekeza muri APR FC mu 2019 ari nayo yakiniraga kugeza ubu.

Manishimwe Djabel yakoranye imyitozo na Kiyovu Sports ku wa Kabiri, tariki 8 Kanama 2023
Manishimwe yatijwe Kiyovu Sports nyuma y'uko kwerekeza muri Al Shabab FC yo muri Arabie Saudite bijemo kidobya
Manishimwe Djabel wari Kapiteni wa APR FC yagiye yirengagizwa kenshi mu bakinnyi 11 babanzagamo mu mwaka ushize w'imikino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages