00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Marines FC yasinyishije Abanya-Cameroun babiri bakoraga igerageza muri APR FC

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 30 January 2024 saa 12:40
Yasuwe :

Ikipe ya Marines ibarirwa mu Karere ka Rubavu yasinyishije Abanya-Cameroun babiri muri bane bakoraga igerageza muri APR FC.

Marines FC iheruka kurekura ba rutahizamu bayo babiri; Mbonyumwami Taiba wasubiye muri APR FC asimbuye Nshuti Inocent werekeje muri One Knoxville Sporting Club yo Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Gitego Arthur wasinye amezi atandatu muri AFC Leopards yo muri Kenya.

Kuri ubu, iyi kipe yari isigaranye rutahizamu umwe, Mugisha Désiré, yongereye amaraso mashya mu busatirizi aho yasinyishije Abanya-Cameroun; Aboubacar Moussa na Amadou Kada Moussa, bombi bakaba barasinye amasezerano y’amezi atandatu.

Aba kandi biyongeraho Rutahizamu w’Umurundi Raoul [Docteur] Vyamungu yatiye imukuye muri Muhazi United mu gihe cy’amezi atandatu.

Marines FC iri ku mwanya wa 10 n’amanota 21 ku rutonde rwa Shampiyona ruyobowe na APR FC na 36, ikurikiwe na Musanze FC ifite amanota 33 mu gihe Police FC iza ku mwanya wa gatatu n’amanota 31.

Umunya-Cameroun Amadou Kada Moussa ukina inyuma ya ba rutahizamu, yasinye amasezerano y'amezi atandatu muri Marines FC nyuma y'ukwezi akora igerageza muri APR FC
Rutahizamu w'Umunya-Cameroun Aboubacar Moussa nawe yasinye amasezerano y'amezi atandatu muri Marines FC avuye mu igerageza muri APR FC
Rutahizamu w'Umurundi Raoul [Docteur] Vyamungu yatijwe Marines FC mu gihe cy'amezi atandatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages