00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mason Greenwood yarekuwe by’agateganyo

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 October 2022 saa 06:18
Yasuwe :

Rutahizamu wa Manchester United, Mason Greenwood wari umaze amezi icumi akurikiranyweho ibyaha byo gukoresha umukobwa imibonano mpuzabitsina ku gahato, gukubita no gukomeretsa yarekuwe.

Mu iburanisha ryabereye mu muhezo mu rukiko rwa Minshull Street Crown Court mu mujyi wa Manchester, ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira 2022, urukiko rwemeje ko arekurwa.

Greenwood yarekuwe ariko ahabwa amabwiriza yo kutavugana n’abatangabuhamya ndetse no kwegera agace Harriet Robson umushinja atuyemo.

Uyu musore yemerewe kuburana ari hanze nyuma y’aho ku wa Gatandatu yari yabyangiwe kubera kurenga ku mabwiriza yahawe.

Greenwood w’imyaka 21 amezi yari abaye icumi ashinjwa gukoresha umukobwa imibonano mpuzabitsina ku gahato, gukubita no gukomeretsa no kugaragaza imico yo guhoza ku nkeke Harriet Robson umukobwa bahoze bakundana.

Kuva yatangira gukurikiranwa mu ntangiriro za 2022, yahise ahagarikwa n’ikipe ye ya Manchester United, ibigo birimo Nike bihagarika amasezerano byari bifitanye na we, mu gihe Electronic Arts yamukuye mu bantu bagaragara mu mikino ya FIFA 22.

Biteganyijwe ko azasubira imbere y’urukiko rw’i Manchester ku wa 21 Ugushyingo.

Mason Greenwood yarekuwe by’agateganyo kuri uyu wa Gatatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages