00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mazimpaka André yagizwe umutoza muri Rayon Sports

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 3 July 2024 saa 02:16
Yasuwe :

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ku mugaragaro ko uwahoze ari umukinnyi wayo Mazimpaka André ari we mutoza mushya w’abanyezamu b’iyi kipe nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’umwaka umwe.

André Mazimpaka wari umaze iminsi afasha iyi kipe haba mu bagabo ndetse no mu bagore, aje muri iyi kipe gusimbura undi mutoza na we wahoze anayikininira, Lawrence Webo, we wamaze gutandukana na yo aho yanaraye asezeye abafana.

Mu magambo ye uyu mugabo ukomoka muri Kenya akaba yatangaje ko yishimiye ibihe yagiranye na Rayon Sports afata nko mu rugo rwe rwa kabiri, ariko ko byabaye ngombwa ko batandukana akajya kugeragereza ahandi amahirwe. Yasoje yifuriza abakunzi b’iyi kipe bahora bayifuriza intsinzi, kuzahirwa mu bihe bizaza.

Uyu akaba abisikanye nyine na André Mazimpaka we wabaye umunyezamu wa Rayon Sports hagati y’umwaka wa 2018 na 2020, bikaza no kurangira yegukanye igikombe cya shampiyona cya 2019 iyi kipe iheruka gutwara.

Uyu winjiye mu butoza muri Werurwe 2023 ahereye muri La Jeunesse, yakiniye amakipe atandukanye arimo iyo La Jeunesse FC, Interforce FC, Police FC, Espoir FC, Mukura VS, Kiyovu Sports,Rwamagana City na Rayon Sports nyine agiye gutoza.

Uretse umutoza w’abanyezamu, ikipe ya Rayon Sports ikaba yatangaje ko muri iki cyumweru iri butangaze umutoza mushya, dore ko lisiti y’abahatanira uyu mwanya yavuye ku barenga 50 aho kuri ubu hasigaye batatu bonyine bagomba gutoranywamo umwe uzayobora Gikundiro mu mwaka utaha.

Mazimpaka yagizwe umutoza w'abanyezamu muri Rayon Sports
Mazimpaka ni umwe mu bitwaye neza ubwo iyi kipe yatwaranaga igikombe cya shampiyona mu 2019

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages