00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mbappé yahaye umukoro Messi amukuriraho agahigo mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 July 2026 saa 08:42
Yasuwe :

Urugamba rwo guhatanira Urukweto rwa Zahabu ruhabwa uwatsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi rurategereza umukino wa nyuma, nyuma y’uko Kylian Mbappé yamaze gushyiraho agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu mateka y’iri rushanwa kari gafitwe na Lionel Messi.

Ibitego bibiri Mbappé yatsinze mu mukino u Bufaransa bwatsinzwemo n’u Bwongereza ibitego 6-4, mu guhatanira umwanya wa gatatu, byatumye arusha bibiri Lionel Messi mu bamaze gutsinda ibitego byinshi mu irushanwa ry’uyu mwaka, gusa uyu Munya-Argentine asigaranye umukino ashobora kumusubirizamo.

Mu gihe Messi w’imyaka 39 yatsinda ibitego bibiri ku mukino wa nyuma bahuramo na Espagne kuri iki Cyumweru guhera Saa Tatu z’ijoro, ni we wakwegukana Urukweto rwa Zahabu kuko yatanze imipira myinshi yavuyemo ibitego kuri bagenzi be.

Mu gihe kandi ibyo bitaba, Mbappé w’imyaka 27 araza kuba umukinnyi wa mbere wegukanye iki gihembo inshuro ebyiri.

Si urwo rugamba aba bakinnyi bombi barimo gusa kuko ubu Mbappé ari we ufite agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu mateka y’Igikombe cy’Isi, aho yujuje 22 arusha Messi kimwe.

Ibitego bibiri Mbappé yabonye ku Bwongereza byatumye ageza 10 mu irushanwa ry’uyu mwaka, bikaba ari byo byinshi umukinnyi umwe atsinze mu irushanwa rimwe muri iki kinyejana.

Umukinnyi waherukaga kugeza ku bitego 10 mu irushanwa rimwe yari Gerd Müller ubwo yakiniraga u Budage bw’Uburengerazuba mu 1970.

Mbere y’Igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka, abakinnyi umunani ni bo bari barabashije gutsinda ibitego umunani mu irushanwa ryacyo rimwe. Abo ni Müller, Just Fontaine, Sandor Kocsis, Ademir, Eusebio, Guillermo Stabile, Ronaldo na Mbappé.

Undi mukinnyi wazamuye ibitego bye ku wa Gatandatu ni Umwongereza Jude Bellingham watsinze igitego kimwe cyatumye ageza birindwi, bikaba byinshi umukinnyi w’Umwongereza yatsinze mu irushanwa rimwe.

Ni mu gihe Umufaransa Michael Olise yakuyeho agahigo ka Pelé kari kamaze imyaka 56, ko gutanga imipira itandatu ivamo ibitego ku bandi, aho we umukino w’u Bwongereza wasize amaze gutanga irindwi.

U Bwongereza bwegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy'Isi cya 2026 butsinze u Bufaransa ibitego 6-4
Kylian Mbappé yaciye agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu mateka y'Igikombe cy'Isi ndetse ashobora kuba rutahizamu watsinze ibitego byinshi uyu mwaka mu gihe Messi atabona bibiri kuri Espagne
Jude Bellingham yabaye Umwongereza wa mbere utsinze ibitego birindwi mu irushanwa rimwe ry'Igikombe cy'Isi
Bukayo Saka w'u Bwongereza yatsinze ibitego bitatu mu mukino u Bwongereza bwatsinzemo u Bufaransa
Didier Deschamps watoje umukino we wa nyuma mu Ikipe y'Igihugu y'u Bufaransa, ashimira Michael Olise wanditse amateka mashya yo gutanga imipira myinshi ivamo ibitego mu irushanwa rimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages