Amakuru yizewe agera ku IGIHE avuga ko ku wa Kabiri, saa cyenda ari bwo bamwe mu bakunzi ba Rayon Sports bahamagaye umwe bakozi ba Mukura VS bashinzwe ’protocol’ bamusaba ko yabafasha akabageza ku bakinnyi batatu, maze bakazorohera Rayon Sports muri uyu mukino.
Aba bakinnyi ni Rutahizamu Robert Mukoghotya, Umunyezamu Sebwato Nicholas na Myugariro w’iburyo Kubwimana Cedric ’Jay Polly’ ndetse n’Umutoza wungirije Nshimiyimana Canisius.
Uyu mwari ukorera Mukura VS yahise ageza ubutumwa ku bayobozi b’ikipe ye maze umugambi upfuba utyo.
Si ubwa mbere ibi bibaye muri Mukura Victory Sports, kuko na mbere yo guhura na Kiyovu Sports mu mukino w’Umunsi wa 27 wa Shampiyona, amakuru yavaga muri iyi Kipe yo mu Majyepfo yavugaga ko hari bamwe mu bakunzi b’Urucaca bahaye miliyoni 1.5 Frw umwe mu bakinnyi ba Mukura VS ayashyikiriza ubuyobozi bwe baza kuyiyakiramo nyuma y’uyu mukino banganyijemo 0-0 kuri Stade ya Muhanga.
Mukura VS yageze muri ½ isezereye Musanze FC kuri penaliti 4-2 nyuma y’uko amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu mikino yombi tariki 26 Mata kuri Stade Ubworoherane, mu gihe Rayon Sports yo yasezereye Police FC ku giteranyo cy’ibitego 6-4 tariki 3 Gicurasi 2023 kuri Kigali Pelé Stadium.
Mu mikino ibiri yahuje Mukura VS na Rayon Sports muri Shampiyona, amakipe yombi yarayinganyije [2-2 na 1-1].
Inkuru wasoma: Mukoghotya yemereye abafana ba Mukura VS kubatsindira Rayon Sports



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!