Igitego cya kapiteni wa Argentina, Lionel Messi mu minota y’inyongera (90+1) yatsinze Iran gitumye bakomeza muri 1/8 cy’irangiza, nibura ibitego 10 muri 11 Iran yatsinzwe mu gikombe cy’Isi byabonetse mu gice cya kabiri.
Messi yatereye ishoti inyuma y’urubuga rwa Iran umunyezamu Alireza Haghighi ananirwa kuwukuramo nyamara yari yagaruye myinshi mu mukino, Iran yari imaze imikino 5 itinjizwa igitego.
Lionel Messi yakinaga umukino wa 88 mu ikipe y’igihugu, atsinze igitego cya kabiri muri iyi mikino iri kubera muri Brazil. Mu mikino 7 iheruka yatsinzemo ibitego 8.
Nyuma y’umukino, umutoza wa Argentina, Alejandro Sabella yavuze ko mu gice cya mbere bagize uburyo bune bwo gutsinda mu gice cya kabiri bakina n’ikipe yabagoye kuri contre attaque. Ati “ Iran yatugoye ariko ufite Messi byose biba bishoboka.”
Argentina yagumanye umupira ku kigereranyo cya 82%.
Ku munota wa 67, umunyezamu wa Argentina, Sergio Romero yakuyemo umupira w’umutwe watewe na Ashkan Dejagah bumwe mu buryo bukomeye Iran itozwa na Carlos Queiroz, wungirije Sir Alex Ferguson, yabonye.
Iran yashoboraga kubona penaliti mu gice cya kabiri ku ikosa Pablo Zabaleta yakoreye kuri Dejagah.
Messi yaje gutera umupira ukubita umutambiko w’izamu, mu gihe Sergio Aguero na Gonzalo Huguain basimbuwe igice cya kabiri gitangira.
Uyu mukino warebwe na Maradona wari wicaye mu bafana kimwe na Carlos Tevez, rutahizamu wa Juventus utarahamagawe.
Ni umukino wakinwaga, Iran yizihiza imyaka 16 ishize babonye intsinzi mu gikombe cy’Isi batsinze Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ibitego 2-1 mu Bufaransa mu 1998 ibitego cya Hamid Estili na Mehdi Mahdavikia.
Iran, igihugu cya 43 ku rutonde mpuzamahanga yakinnye umukino mwiza wo kugarira bacunga imipira Argentina yatakaje byatumye bagira uburyo butatu bukomeye bwo gutsinda igitego.
Hashize imyaka 20 Diego Maradona atsinze igitego cya nyuma mu gikombe cy’Isi, uyu wakiniye Argentina imikino 91,ni uwa gatanu wakiniye iki gihugu imikino myinshi.



















TANGA IGITEKEREZO