00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minnaert yavuze ku ideni afitiwe na Rayon Sports, anahishura ko bongeye kugirana ibiganiro byo kuyisubiramo

Yanditswe na Kabera Haruna
Kuya 29 July 2020 saa 06:05
Yasuwe :

Ivan Minnaert wigeze gutoza Rayon Sports, yavuze ko mu minsi ishize yagiranye ibiganiro na Perezida wayo, Munyakazi Sadate, kugira ngo ayisubiremo ariko agatungurwa no kubona basinyishije undi mutoza.

Umubiligi Ivan Minnaert ukunze kugirira ibiruhuko mu Rwanda, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na B&B FM- Umwezi.

Ati “Kuri ubu kubera Covid-19 ibintu byose byarahagaze, nari natangiye kugirana ibiganiro n’ayandi makipe ariko ntabwo byakunze .”

“Ku rundi ruhande hari ibiganiro nari nagiranye n’umuntu umwe udakunda guhagarara ku ijambo avuga ndetse afata icyemezo atagishije inama komite bari kumwe, ahindura ibitekerezo afata undi mutoza kugeza n’ubu ntabwo nabona uko mbivuga uwo ni Sadate nta kindi navuga .”

Ivan Minnaert yavuze kandi ku ideni Rayon Sports imufitiye, ko natabona amafaranga ye itazandikisha abakinnyi bashya yaguze kandi ko we abibona nk’ikibazo kuba bagura abakinnyi bagasinyisha n’umutoza we bataramwishyura kandi ari we wa ngombwa.

Yakomeje avuga ko yahoraga yiteguye kuganira n’iyi kipe kugeza ku munota wa nyuma ariko kuri ubu bikaba byararangiye, nta biganiro azongera kugirana nayo.

Ati ”Nibyo twagiranye ibiganiro kuko njyewe mpora mfunguye ku biganiro ibyo aribyo byose nakora. Mpora niteguye igihe icyo aricyo cyose kuba nagirana ibiganiro, urabizi twari dufitanye ibibazo kubirebana n’imishahara yanjye.”

“Ibitekerezo byanjye byari bifunguye kugeza ku munota wa nyuma. Ubu ibiganiro byanjye na Rayon Sports byararangiye, nta na rimwe niteguye kongera kubafungurira umuryango.”

Ivan Minnaert yatoje Rayon Sports mu mwaka w’imikino wa 2015/16, ayigarukamo mu 2018, aho yirukanywe binyuranyije n’amategeko, ayireze icibwa miliyoni 13.5 Frw igomba kumwishyura.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamenyesheje Rayon Sports ko ifite iminsi 60 gusa ikaba yamaze kwishyura Ivan Minnaert, bitaba ibyo ikazafatirwa ibyemezo bikomeye birimo gukurwaho amanota cyangwa kubuzwa kwandikisha abakinnyi yaguze.

Rayon Sports yaburiwe ko ishobora gukurwaho amanota cyangwa ikabuzwa kugura abakinnyi nitishyura Ivan Minnaert
Ivan Minnaert yatangaje ko yari yagiranye ibiganiro n'Umuyobozi wa Raypn Sports kugira ngo ayisubiremo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages