00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Misiri yabaye igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gukoresha ikoranabuhanga rya ‘VAR’

Yanditswe na Manzi Rema Jules
Kuya 17 September 2018 saa 03:57
Yasuwe :

Muri shampiyona ya Misiri hagiye gutangira gukoreshwa ikoranabuhanga rya Video Assistant Referee (VAR) ryunganira abasifuzi mu gufata ibyemezo bimwe na bimwe bikomeye nk’uko byatangajwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu.

Amakipe atandukanye muri shampiyona ya Misiri amaze iminsi agaragaza ko abasifuzi bafata ibyemezo bidahwitse.

Muri ayo makipe nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Ahram.org.eg harimo Al Ahly SC ifite igikombe cya shampiyona giheruka yagaragaje ko yimwe penaliti ndetse igatsinda n’igitego umusifuzi akacyanga mu mukino banganyijemo na El-Entag El-Harby ubusa ku busa.

Ikipe ya Pyramids yiyubatse bikomey uyu mwaka nayo yasabye ko habaho ubutabera muri shampiyona nyuma y’ibyemezo bitandukanye itishimiye ikina na Gouna zikanganya 1-1 byatumye inagaragaza ko mu gihe nta gihindutse yasezera muri shampiyona.

Mu itangazo Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryasohoye kuri iki Cyumweru, ryavuze ko mu rwego rwo kugabanya ibyo bibazo by’imisifurire itavugwaho rumwe, batangiye gushaka uko bakoresha Video Assistant Referee (VAR).

Iryo tangazo rigira riti “ Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Misiri ryegereye FIFA kugira ngo ritangire gukora ibisabwa ngo mu mikino ya shampiyona ya Misiri hatangire gukoreshwa Video Assistant Referee.”

Iri koranabuhanga ryatangiye kugeragezwa mu 2016 rikoreshwa mu gikombe cy’Isi cya 2018 aho ryagaragaje ko rishobora kugabanya ibibazo by’imisifurire n’amashampiyona akomeye nk’iya Espagne n’u Budage zitangira kurikoresha.

Mu Misiri bagerageje gukoresha VAR mu 2017 birabananira kubera amikoro ari hejuru bisaba ariko kuri iyi nshuro umuherwe w’Umunya- Arabie saoudite Turki Al-Sheikh akaba na nyir’ikipe ya Pyramids yavuze ko yashoramo amafaranga ye ariko VAR igakoreshwa.

Muri shampiyona y’iki gihugu hakunze kuba ibibazo by’imisifurire kenshi biteza imirwano ikomeye inahitana abantu byatumye Ishyirahamwe ry’umupira ryemerera amakipe afite ubushobozi kujya akodesha abasifuzi b’abanyamahanga ku mikino imwe n’imwe akaba ari bo bayiyobora.

Ikipe yanze gusifurirwa n’umwenegihugu bigasaba ko haza umunyamahanga yishyura $15,000 angana na 12,990,000 Frw.

Ibyo wamenya ku ikoranabuhanga rya “VAR,” n’amateka rifite:

Iyo habaye ikosa ritavugwaho rumwe, umusifuzi yifashisha amashusho (VAR) mu kureba neza uko byagenze mbere yo gufata icyemezo gikomeye
Mu ikoreshwa rya VAR umusifuzi uri mu kibuga afashwa n'abandi bari hanze gufata ibyemezo bikomeye nko gutanga amakarita atukura, kwemeza igitego mu gihe we atabyiboneye neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages