Iri rushanwa ryasojwe ku Cyumweru, tariki 16 Kamena 2024 kuri Kigali Pelé Stadium ahakiniwe umukino wa nyuma mu mupira w’amaguru warangiye Ikipe y’Abasikare barinda abayobozi bakuru b’Igihugu (Republican Guard) yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Ishuri ry’Imyitozo ya Gisirikare rya Nasho ibitego 3-0.
Nk’ibisanzwe ubwitabire bw’iyi mikino buba buri hejuru na morale ikomeye iranga imifanire y’Ingabo z’Igihugu.
Uyu mukino wa nyuma muri ruhago wasoje indi wagaragayemo Umuyobozi w’abarinda abayobozi bakuru b’Igihugu, Maj. Gen. Willy Rwagasana n’Umuhungu wa Perezida Paul Kagame, Capt. Ian Kagame wakinaga mu bwugarizi.
Ni umukino kandi witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvénal Marizamunda; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga; Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Félix Namuhoranye na Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse.
Muri rusange, iri rushanwa ryatangiye ku wa 15 Mata aho ryateguwe mu rwego rwo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 30, ryakinwe mu mikino itandukanye irimo umupira w’amaguru, Volleyball, Basketball, Netball, Handball, Kumasha n’Imikino Ngororamubiri.
Ryasojwe mbere kuko ryari gusozwa tariki ya 3 Nyakanga, umunsi umwe mbere y’Umunsi wo Kwibohora ariko yigijwe imbere kubera gahunda zirimo Amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite.
Uretse kwegukana igikombe mu mupira w’amaguru, Republican Guard yanacyegukanye muri Volleyball. Iyi kipe yiyongeraho Rwanda Military Academy Gako nayo yegukanye ibikombe bibiri ari byo Basketball na Handball.
Ikipe yabaye iya mbere mu Netball ni Rwanda Air Force naho iyabaye iya mbere mu Mikino Ngororamubiri ni General Headquarters, mu gihe BMTC Nasho yahize izindi mu kumasha.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yavuze ko iyi mikino igamije kwimakaza umuco wo gukora siporo no gukorera hamwe, mu gihe Minisitiri w’Ingabo, Juvénal Marizamunda yashimiye amakipe yitwaye neza, ashishikariza abasirikare gukomeza gukora siporo kuko ifasha byinshi mu buzima busanzwe no mu kazi ka buri munsi.
Amafoto: Kwizera Remy Moses



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!