00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu Rwanda ni iwanyu, muhorana ikaze- Perezida Kagame ku bitabiriye ‘Kwita Izina’

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 7 September 2025 saa 09:22
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yabwiye inshuti z’u Rwanda n’abafatanyabikorwa barwo bitabiriye umuhango wo Kwita Izina ko bahorana ikaze mu gihugu kuko ari iwabo.

Yabigarutseho ku mugoroba wo ku wa 6 Nzeri 2025, mu birori byo gusangira byahuje abitabiriye umuhango wo kwita abana b’ingagi izina, wabaye ku wa 5 Nzeri 2025.

Ati “U Rwanda ni iwanyu. Muhora muhorana ikaze.”

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko 10% by’umusaruro wa Pariki zo mu Rwanda uhabwa abazituriye, atari imfashanyanyo iri aho gusa, ahubwo ari uburyo bwo kurinda no kubungabunga umurage Abanyarwanda basangiye mu buryo burambye.

Ati “Mu Rwanda 10% by’amafaranga yinjijwe mu bukerarugendo ahabwa abaturage baturiye za pariki. Ntabwo ari inkunga gusa ahubwo ni uburyo bwo kurinda no kubungabunga mu buryo burambye umurage dusangiye.”

Ku wa 5 Nzeri 2025 ni bwo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda by’umwihariko abari mu rwego rw’ubukerarugendo, bahuriye mu Karere ka Musanze mu Kinigi mu muhango wo kwita abana b’ingagi izina.

Ni umuhango wari ubaye ku nshuro ya 20, aho abana 40 bakomoka mu miryango 15 bahawe amazina.

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, ni we wari umushyitsi mukuru mu gihe mu bandi bayobozi bitabiriye harimo na Madamu Jeannette Kagame.

Minisitiri w’Intebe yasabye abaturage b’Akarere ka Musanze gukomeza kwita ku ngagi kuko zifatiye runini igihugu.

Ati “Muhore muzirikana ko izi ngagi ari umutungo w’agaciro kanini dufite kandi tugomba gusigasira twese."

Yavuze ko uko ingagi ziyongera, ari na ko pariki yongerwa ari na yo mpamvu leta yiyemeje kwagura pariki. Yavuze ko bizanagira ingaruka nziza ku iterambere ry’abaturage baturiye pariki.

Kuva umuhango wo Kwita Izina watangira mu 2005, abana b’ingagi 437, ni bo bamaze guhabwa amazina.

Mu 2024, umusaruro w’ubukerarugendo bw’u Rwanda wiyongereyeho 4,3%, ugera kuri miliyoni 647$, bitewe ahanini n’ubwiyongere bw’abasura ingagi bazamutseho 27%.

Gusura ingagi bisaba kwishyura 1500$ ku munyamahanga, 500$ ku munyamahanga uba mu Rwanda, 200$ ku Munyarwanda, 200$ ku muturage wo muri EAC na 500$ ku muturage wo mu bindi bihugu bya Afurika cyangwa se undi munyamahanga uba muri Afurika.

Perezida Kagame asuhuza Bacary Sagna wakiniye Arsenal
Perezida Kagame yeretse inshuti z'u Rwanda n'abafatanyabikorwa barwo ko bahora bahawe ikaze
Perezida Kagame yakiriye abitabiriye umuhango wo Kwita Izina ku meza
Umuhango wo kwakira abitabiriye Umuhango wo Kwita Izina wabereye muri Kigali Convention Centre
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, Jean-Guy Afrika, mu baganirije abashyitsi bitabiriye umuhango wo Kwita Izina
Perezida Kagame yahuye n'Umunya-Koreya y'Epfo, Sang-Hyup Kim, usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Iterambere rishyigikira Ibidukikije
Perezida Kagame yakiriye Luis García wakiniye Atlético de Madrid n'umugore we
Perezida Kagame yakiriye Bacary Sagna wakiniye Arsenal n'umugore we
Uhereye iburyo ni Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, Jean-Guy Afrika, akurikiwe na Visi Perezida ushinzwe gahunda mpuzamahanga mu muryango Susan T Buffett Foundation, Prof. Senait Fisseha na Perezida Kagame
Umuhanzi Ruti Joel mu bataramiye abakiriwe na Perezida Kagame ku meza
Umuhango wo Kwita Izina wari ubaye ku nshuro ya 20
Umuhanzi Bukuru Christiane ari mu bataramiye abakiriwe na Perezida Kagame
Perezida Kagame yakiriye ku meza abayobozi batandukanye bitabiriye Umuhango wo Kwita Izina
Diana Mpyisi niwe wayoboye ibi birori
Umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Irène Murerwa yerekanye uburyo umusaruro w'umukerarugendo ukomeje kugira uruhare mu iterambere ry'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages