00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhawenayo Gad wavuzwe muri APR FC yerekeje muri Gorilla FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 June 2024 saa 03:20
Yasuwe :

Umunyezamu wari muri Musanze FC, Muhawenayo Gad, yamaze gusinya amasezerano mashya muri Gorilla FC azakinira mu gihe cy’imyaka ibiri.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Kamena 2024, nibwo Gorilla FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umunyezamu mushya mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Ni mu gihe kuko umwaka w’imikino ukirangira ubuyobozi bwa Gorilla FC bwiyemeje gutandukana n’abakinnyi barenga 10 barimo n’abari abanyezamu bayo ari bo Matumele Arnold, Rwabugiri Omar na Mugisha Yves.

Mu kubasimbuza yafunguriye amarembo Muhawenayo Gad wari wavuzwe muri APR FC nk’umwe mu banyezamu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yifuza mu mwaka utaha w’imikino.

Muhawenayo ni umwe mu banyezamu beza bagaragaje urwego rwo hejuru mu mwaka ushize kuko yafashije Musanze FC gusoreza ku mwanya wa gatatu muri Shampiyona.

Si ibyo gusa kuko ari mu banyezamu bifashishwa cyane n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’, Torsten Frank Spittler.

Uyu mukinnyi ageze muri iyi kipe asanga yarasinyishije umutoza mushya w’abanyezamu Higiro Thomas n’umukuru Kirasa Alain, biyongera ku bakinnyi b’Abarundi aribo Franck Nduwimana na Karenzo Alexis.

Muhawenayo Gad yasinye imyaka ibiri muri Gorilla FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages